Ku wa 17 Werurwe 2026, Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) kemeje ko Igikombe cya Afurika cyegukanywe na Sénégal icyamburwa, kigahabwa Maroc.
Sénégal yahise ishyira ahagaragara itangazo ryamagana uyu mwanzuro, igaragaza ko izajurira muri CAS (Court of Arbitration for Sport).
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe, CAS yemeje ko yakiriye ubujurire bwatanzwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal busaba guhindura umwanzuro wa CAF wambuye iki gihugu Igikombe cya Afurika.
Ubujurire “busaba gukuraho umwanzuro wa CAF no gutangaza FSF nk’abegukanye Igikombe cya Afurika.”
Umuyobozi Mukuru wa CAS, Matthieu Reeb, yavuze ko bafite ubushobozi bwo gukemura ubwoko bw’iki kibazo aho bazifashisha inzobere n’abakemurampaka bigenga.
Ati “Tuzi ko amakipe n’abafana bashaka kumenya umwanzuro wa nyuma kandi tuzakora ku buryo ubukemurampaka bukorwa neza twubahirije uburenganzira bw’impande zose binyuze mu kuzitega amatwi.”
CAS yashimangiye ko “ibikurikiyeho bizakomeza kuba ibanga” kugeza habonetse umwanzuro.
Inkuru bifitanye isano: Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika cya 2026 gihabwa Maroc



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!