00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cap-Vert yitegura Amavubi yahinduye umutoza

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 August 2026 saa 10:18
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert izahura n’amakipe arimo iy’u Rwanda ‘Amavubi’ mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, yagize Humberto Bettencourt Umutoza mushya asimbuye Pedro Leitão Brito ’Bubista’ watandukanye na yo.

Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cap-Vert, ryatangaje ko ryahinduye umutoza uzafasha Ikipe y’Igihugu mu mikino iri imbere.

Ni akazi kahawe Humberto Bettencourt w’imyaka 51 wari usanzwe ari umutoza wungirije wa Blue Sharks, yatozwaga na Bubista werekeje muri RS Berkane yo muri Maroc.

Bettencourt amenyereye ikipe ya Cap-Vert kuko amaze imyaka itandatu ari umutoza wungirije, ndetse akaba ari n’umwe mu bayifashije kwitwara neza mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Muri iyi mikino yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, bagarukiye muri 1/16, nyuma yo kwahagiza Argentine yageze ku mukino wa nyuma, no kuba ikipe rukumbi itaratsinzwe na Espagne yegukanye irushanwa.

Yasabwe kurushaho kuzamura urwego rw’iyi kipe igakomeza gukina amarushanwa akomeye ku Isi.

Akazi ka mbere kamutegereje ni imikino yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika cya 2027, kizabera muri Uganda, Tanzania na Kenya.

Cap Vert iri mu Itsinda K isangiye n’u Rwanda, Mali na Liberia. Umukino wa mbere uzayihuza na Mali ku wa 23 Nzeri, ikurikizeho Amavubi muri Cap-Vert ku wa 27 Nzeri.

Humberto Bettencourt yagizwe Umutoza Mukuru wa Cap-Vert
U Rwanda ruritegura imikino yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika irimo n'uwa Cap-Vert

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages