Andi makipe arimo kandi yiteguye kurikina agahatana ni Namibia na Mali.
Mu Itsinda E, amakipe azatangira guhura tariki ya 16 Mutarama 2024.
Mbere y’uko imikino itangira, tugiye kurebera hamwe ibigwi by’amakipe ane arigize.
Tunisia
Ikipe y’Igihugu ya Tunisia iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rusange rwa FIFA mu makipe yo muri Afurika. Ibi byerekana ko izatanga akazi gakomeye ku yandi ziri kumwe mu itsinda.
Mu rwego rwo kwitegura iyi mikino, ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Mutarama, Tunisia yakinnye na Mauritania gusa amakipe yombi anganya 0-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Hammadi Agrebi.
Tunisia yatwaye CAN 2004, irashaka kwegukana iki gikombe ku nshuro ya kabiri kuko ubuheruka [muri CAN 2021] yagarukiye muri ¼.
Kubikora birashoboka cyane kuko mu nshuro 21 igiye kurikina, ari yo ifite amateka yo kuryitabira inshuro 16 zikurikiranya yonyine ndetse ikaba yaranaryakiriyeho inshuro eshatu (1965, 1994 na 2004).
Iyi kipe ifite abakinnyi Umutoza Jalel Kadri azagenderaho barimo Youssef Msakni umenyereye aya marushanwa kuko yayakinnye kuva mu 2010 nubwo mu 2019 na 2021 atitabiriye.
Abandi bakinnyi barimo Myugariro wa Eintracht Frankfurt, Ellyes Skhiri na Anis Ben Slimane ukinira Sheffield United.
Afurika y’Epfo
Ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo ni imwe mu makipe akomeye ku Mugabane wa Afurika ndetse no mu irushanwa rihuriza hamwe amakipe meza awuriho nubwo inshuro nyinshi itegukana iri rushanwa iheruka mu 1996 itsinze Tunisia biri kumwe mu itsinda.
Uretse kwegukana icyo gikombe yari yanakiriye ari na cyo yatwaye mu mateka yayo mu nshuro 11 imaze kurigaragaramo, mu 1998 yabaye iya kabiri, mu 2000 iba iya gatatu.
Guhera icyo gihe yatangiye gusubira inyuma kugeza ubwo mu marushanwa arindwi aheruka yabuze itike muri ane harimo n’iriheruka rya 2021 ryabereye muri Cameroun.
Umutoza wa Bafana Bafana, Hugo Broos, wari unyotewe kujya mu irushanwa yegukanye mu 2017 ari kumwe na Cameroun, azifashisha abakinnyi Afurika y’Epfo igenderaho barimo Percy Tau wa Al Ahly, Mihlali Mayambela wa Aris Limassol, Sphephelo Sithole wa Tondela na Siyanda Xulu wa Turan Tovuz.
Abandi bakinnyi bose 18 ni abakinira amakipe y’imbere muri Shampiyona ya Afurika y’Epfo biganjemo aba Mamelodi Sundowns.
Mali
Ikipe y’Igihugu ya Mali ni imwe mu makipe ari mu Gikombe cya Afurika atarabasha kucyegukana na rimwe ariko mu 1972 yageze ku mukino wa nyuma itsindwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri iyi kipe harimo abakinnyi bakomeye bashobora kuzatanga akazi ndetse no gukora ikinyuranyo barimo Falaye Sacko wa Montpellier, Moussa Diarra wa Toulouse, Adama Traoré wa Hull City n’abandi.
Mu kwitegura iyi mikino izabera muri Côte d’Ivoire, Mali yakinnye na Guinée-Bissau itsinda ibitego 6-0.
Namibia
Ikipe y’Igihugu ya Namibia ni imwe mu zitaritabiriye iri rushanwa kenshi kuko ari ku nshuro ya kane igiye kurijyamo kuva yitabiriye bwa mbere mu 1998. Muri izo nshuro zose, ntirabasha kurenga amatsinda.
Brave Warriors ikunze gukoresha abakinnyi bakina mu gihugu imbere gusa hari bamwe bakina i Burayi barimo Ryan Nyambe wa Derby County mu Cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza.
Uko amakipe azahura mu Itsinda E:
Ku wa Kabiri, tariki ya 16 Mutarama: Tunisia vs Namibia, Mali vs Afurika y’Epfo.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Mutarama: Tunisia vs Mali
Ku Cyumweru, tariki ya 21 Mutarama: Afurika y’Epfo vs Namibia
Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Mutarama: Afurika y’Epfo vs Tunisia, Namibia vs Mali.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!