00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAN 2023: Ibyo wamenya ku Itsinda D ririmo Algeria iri mu zihanzwe amaso

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 January 2024 saa 09:07
Yasuwe :

Harabura iminsi itatu gusa ngo irushanwa riruta ayandi muri Afurika rihuza ibihugu by’ibihangange mu mupira w’amaguru "CAN 2023", ritangire. Itsinda D rigizwe n’amakipe yakora itandukaniro arimo na Algeria yatwaye Igikombe cya Afurika mu 2019.

Andi makipe arimo kandi yiteguye kurikina agahatana ni Angola, Burkina Faso na Mauritania. Aya makipe yose azatangira guhatana tariki ya 15 na 16 Mutarama 2024.

Mbere y’uko imikino itangira muri Côte d’Ivoire, tugiye kurebera hamwe ibigwi by’amakipe ane ari muri iri Tsinda D.

Algeria

Algeria ni igihugu gikomeye muri ruhago Nyafurika kuko kimaze gukina iri rushanwa inshuro 20, kikaritwaramo ebyiri (1990 na 2019).

Iyi kipe ifite abakinnyi bakomeye n’Umutoza Mukuru Djamel Belmadi wayikiniye. Uyu ni umunyabigwi muri iyi kipe kuko yayikinnyemo mu gihe kigera ku myaka ine ndetse akaba anayitoza guhera mu 2018 avuye muri Lekhwiya, Qatar na Al-Duhail.

Uyu mwaka azaba ari kumwe n’abakinnyi bakomeye barimo Kapiteni wayo Riyad Mahrez wa Al-Ahli, Ramy Bensebaïni wa Borussia Dortmund, Rayan Aït-Nouri wa Wolverhampton Wanderers, Ismaël Bennacer wa AC Milan n’abandi bifuza kugitwara inshuro ya gatatu.

Algeria yatwaye CAN 2019, iri mu makipe ahabwa amahirwe uyu mwaka

Angola

Angola ni igihugu gitungurana muri ruhago Nyafurika kuko kimaze kwitabira iri rushanwa inshuro umunani, ebyiri muri zo kikaba cyarageze muri ¼. Mu 2008, yakuwemo na Misiri mu gihe mu 2010 yasezerewe na Ghana.

Iyi kipe ifite Umutoza Mukuru Pedro Valdemar Soares Gonçalves, umaze kumenyerana n’abakinnyi bo muri iki gihugu kuko yatangiye atoza abana kuva mu 2015 kugeza ahawe ikipe nkuru mu 2019, aho yahise ayifasha kubona itike yo kujya muri CAN 2023.

Amateka akomeye yanditswe n’iyi kipe muri CAN yabaye ku mukino wayihuje na Mali 2010 mu irushanwa yari yakiriye, itsindwa ibitego 4-0, byose ibyishyura mu minota 11 ya nyuma harimo n’inyongera.

Uyu mwaka izitwaza abakinnyi 25 bakina muri Shampiyona ya Angola kongeraho babiri bo hanze ari bo Agostinho Cristóvão Mabululu wa Al Ittihad Alexandria yo mu Misiri na Jérémie Bela wa Clermont Foot 63 yo mu Bufaransa.

Angola igiye kongera kugerageza amahirwe mu Gikombe cya Afurika

Burkina Faso

Burkina Faso si ikipe nshya mu Gikombe cya Afurika kuko yatangiye kucyitabira mu 1978 ariko ikaba nta na rimwe iragitwara usibye mu 2013 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma igatsindwa na Nigeria.

Mbere yo gukina irushanwa Nyafurika, izabanza kwipima na RD Congo na yo izagikina mu mukino uzabera muri UAE mbere y’uko Palancas Negras yerekeza mu Mujyi wa Bouaké aho izakinira.

Iyi kipe ifite Umutoza Mukuru, Hubert Velud, wahawe akazi mu 2022. Yatoje Ikipe y’Igihugu ya Togo na Sudan mu gihe andi yanyuzemo muri Afurika arimo TP Mazembe, USM Alger n’izindi.

Mu bakinnyi 27 yahamagaye azakoresha harimo Mamady Alex Bangre wa Toulouse, Issa Kaboré wa Luton Town, Dango Aboubacar Ouattara wa AFC Bournemouth n’abandi bakomeye.

Abakinnyi ba Burkina Faso bagiye kwitegurira Igikombe cya Afurika i Abu Dhabi

Mauritania

Mauritania si ikipe nshya mu Gikombe cya Afurika nubwo mu zo izahangana na zo mu itsinda ari yo nto mu kwitabira iri rushanwa kuko ari ku nshuro ya gatatu igiye kurijyamo.

Kuva Mauritania yitabiriye bwa mbere mu 2019, ntirongera kubura muri CAN nubwo itajya irenga umutaru, buri gihe ikaviramo mu matsinda.

Iyi kipe ifite Umutoza, Amir Abdou, ugiye kuyimarana imyaka ibiri, wahawe akazi nyuma yo gutandukana n’Ibirwa bya Comores yari amaze kugeza mu Gikombe cya Afurika bwa mbere.

Lions of Chinguetti yahisemo abakinnyi barimo benshi bakina mu Cyiciro cya Kabiri mu Bufaransa ndetse n’abandi biganje mu makipe yo muri Shampiyona ya Mauritania.

Hari Omare Gassama wa Chateauroux, Camara Bakari wa Villefranche Beaujolais, Anne Souleymane wa KMSK Deinze n’abandi bazayifasha guhatanira kuva mu matsinda, ibitarakorwa na rimwe.

Mauritania imaze kwitabira Igikombe cya Afurika inshuro ebyiri, bwa mbere ni mu 2019

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages