00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAN 2023: Abakinnyi b’inkorokoro batazagaragara mu Gikombe cya Afurika

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 January 2024 saa 04:55
Yasuwe :

Harabura iminsi mike hagatangira imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri Côte d’Ivoire kuva tariki ya 13 Mutarama kugeza ku wa 11 Gashyantare 2024.

Ibihugu 24 ni byo byabonye itike y’imikino ya nyuma y’iki gikombe kizabera mu mijyi itanu igize iki gihugu kiri mu Burengerazuba bwa Afurika.

Buri gihugu cyahamagaye abakinnyi kibona bazagifasha muri iki gikombe ariko hakaba hari abakinnyi batitabajwe kubera ibibazo bitandukanye birimo imvune n’urwego bariho muri iyi minsi.

Tugiye kurebera hamwe bamwe mu bakinnyi batagize amahirwe yo gukina Igikombe cya Afurika kigiye kuba ku nshuro ya 34 kuva mu 1957.

Thomas Partey (Ghana)

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe ya Arsenal na Ghana, Thomas Partey, ntabwo ari mu bakinnyi bazagaragara mu Gikombe cya Afurika kubera imvune yagize mu Ukwakira 2023.

Nubwo yatangiye gukora imyitozo yoroheje, uyu mukinnyi wabaye na Kapiteni Wungirije wa Black Stars yagombaga kuzayifasha kuko mu nshuro 47 yahamagawe yayitsindiye ibitego 13.

Ghana izakina CA 2023 idafite Thomas Partey uri gukiruka imvune

Issahaku Fatawu (Ghana)

Undi mukinnyi Ghana idafite muri iki Gikombe cya Afurika ni Rutahizamu wa Leicester City, Issahaku Fatawu, utarakina imikino myinshi mu Ikipe y’Igihugu ya Black Stars.

Uyu musore w’imyaka 19, yagize impera z’umwaka nziza kuko mu mikino umunani aheruka gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu Bwongereza, yabaye umukinnyi witwaye neza ku mukino inshuro eshatu.

Fatawu yahisemo kutajya gukina Igikombe cya Afurika kuko yifuza umwanya uhoraho muri Leicester City no kuba yahabwa amasezerano amukura muri Sporting Lisbon yari yaramutanze nk’intizanyo.

Issahaku Fatawu ukinira Ghana yanze kujya mu Ikipe y'Igihugu kubera gushaka amasezerano muri Leicester City

Baba Rahman (Ghana)

Myugariro Abdul Rahman Baba ukinira PAOK yo mu Bugereki ntiyigeze ahamagarwa n’Umutoza wa Ghana, Chris Hughton, cyane ko n’abafana batigeze bamwiyumvamo mu mwaka ushize bihereye ku Gikombe cy’Isi cyo muri Qatar.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 yaganirijwe n’umutoza we mu Ikipe y’Igihugu ariko yivugira ko nta musaruro yatanga kuko atarakira neza imvune nubwo amaze amezi abiri akina.

Mu 2022 ni bwo uyu mukinnyi kandi yaciye amarenga ko yifuza guhagarika ruhago burundu kubera ibibazo by’imvune akunda kugira mu bihe bitandukanye.

Mu mikino ibiri aheruka gukina, Rahman yatsindiye ikipe ye ibitego bibiri bigaragaza ko ameze neza nubwo atifuje kujya gufasha Ghana mu irushanwa iheruka gutwara mu 1982.

Baba Rahman yanze kwitabira ubutumira bw'Ikipe y'Igihugu ya Ghana ngo akine CAN 2023, yitwaza imvune

Wilfred Ndidi (Nigeria)

Umunya-Nigeria Wilfred Ndidi ukinira Leicester City yagiriye imvune ku mukino wahuje ikipe ye na Cardiff City bituma atongera kugaragara mu yindi ibiri iheruka.

Iyi mvune yatumye Umutoza wa Nigeria, José Peseiro, amusiga mu bakinnyi agomba kuzifashisha mu Gikombe cya Afurika nubwo amaze gukinira Super Eagles imikino 50.

Wilfred Ndidi ntazakinira Nigeria muri CAN 2023

Taiwo Awoniyi (Nigeria)

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria ukinira Nottingham Forest, Taiwo Awoniyi, yagiriye imvune mu Ikipe y’Igihugu mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Aha hari ku mukino wahuje iki gihugu na Lesotho, bituma atongera kugira icyo amarira Nottingham Forest mu mikino icyenda iheruka kandi yari inkingi ya mwamba.

Iyi mvune y’uyu mukinnyi w’imyaka 26 yarabazwe ariko nk’uko bigaragazwa n’abaganga b’iyi kipe yo mu Bwongereza, ashobora gusubira mu kibuga mu mwaka w’imikino utaha.

Taiwo Awoniyi yagiriye imvune mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cy’Isi cya 2026, ituma atazakina CAN 2023

Wilfried Zaha (Côte d’Ivoire)

Umunya-Côte d’Ivoire ukinira Galatasaray, Wilfried Zaha, ntazakinira igihugu cye mu irushanwa rizabera mu rugo.

Zaha yageze muri Galatasaray mu mpeshyi y’umwaka ushize ariko ahagerana imvune yatumye adakomeza gukina neza nk’uko byahoze muri Crystal Palace. Mu bihe bye byo kugaruka, ntiyabonye umwanya wo gukina byatumye mu mikino 13 iheruka yaratsinze ibitego bitanu gusa.

Kuba ntacyo ari gufasha ikipe ye byatumye Umutoza wa Jean-Louis Gasset atamugirira icyizere cyo kuba yaba umukinnyi yagenderaho mu Gikombe cya Afurika, aramusiga.

Wilfried Zaha ntazakinira Côte d'Ivoire muri CAN 2023

Bryan Mbuemo (Cameroun)

Bryan Mbuemo ni umwe mu bakinnyi bari bitezwe mu Gikombe cya Afurika by’umwihariko mu Ikipe y’Igihugu ya Cameroun ariko yagize imvune yatumye atitabira.

Mbuemo yavunitse akagombambari mu ntangiriro z’Ukuboza ndetse azamara amezi ane hanze.

Yari agize imikino 15 ari umukinnyi ngenderwaho muri Brentford ndetse yaranayitsindiye ibitego birindwi n’imipira itatu ivamo ibitego kuri bagenzi be.

Bryan Mbuemo yagize imvune ku kagombambari ituma atazakina Igikombe cya Afurika

Choupo-Moting wa Bayern Munich (Cameroun)

Benshi mu bakunzi ba ruhago batunguwe no kubona Rutahizamu wa Bayern Munich, Jean-Eric Maxim Choupo-Moting atatoranyijwe mu bakinnyi ba Cameroun bazakina CAN 2023.

Umutoza Rigobert Song yasanze afite ba rutahizamu benshi barimo Karl Toko-Ekambi, Vincent Aboubakar, Clinton Njie na George-Kévin Nkoudou bimutera gusiga Choupo-Moting.

Nubwo uyu mutoza yavuze ibi ariko ibitangazamakuru byo mu gihugu cye byakunze kuvuga ko uyu mukinnyi utarahavukiye atakunzwe n’abatoza kuko babona atagira umuhate wo kwitangira Cameroun.

Umunya-Cameroun Eric Maxim Choupo-Moting yasizwe n'umutoza mu mikino ya CAN kuko abakunzi bayo bashidikanya ku rukundo ayifitiye

Victor Boniface (Nigeria)

Undi mukinnyi ukomeye utazagaragara mu Gikombe cya Afurika ni Umunya-Nigeria Victor Boniface ukinira Bayer Leverkusen mu Budage.

Boniface w’imyaka 23 yavunikiye mu myitozo mu gihe habura iminsi mike ngo irushanwa ritangire.

Nigeria yahise yitabaza Terem Moffi wa Nice kugira ngo asimbure Boniface, ariko hakaba hategerejwe ko CAF ibyemeza ndetse n’iyi kipe yo mu Bufaransa ikemera kurekura umukinnyi.

Boniface yiyongereye kuri Rutahizamu wa Nottingham Forest, Taiwo Awoniyi na Wilfred Ndidi ukinira Leicester City.

Boniface Victor yiyongereye ku bakinnyi Nigeria izaba idafite mu Gikombe cya Afurika cya 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages