00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAF yakuriye APR FC inzira ku murima ku kudakinira muri RDC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 August 2026 saa 05:58
Yasuwe :

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yatesheje agaciro ubujurire bwa APR FC, yasabaga kudakinira umukino wayo wa CAF Champions League izakirwamo na Les Aigles du Congo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

APR FC yaherukaga kumenyeshwa ko umukino wayo ubanza wo mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League uzabera muri RDC, nyuma y’uko CAF yanze ubusabe bwayo bwo kuwimurira ahandi hatari muri icyo gihugu.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, yahise ijurira iki cyemezo binyuze mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), isaba ko uyu mukino uzaba ku wa 5 Nzeri 2026, utabera muri RDC ku mpamvu z’uko muri RDC harimo icyorezo cya Ebola cyibasiye ibice bitandukanye by’iki gihugu.

Ubuyobozi bwa APR FC ntacyo buratangaza kuri iki cyemezo, gusa iramutse yanze kujya gukina, yahabwa ibihano biteganywa n’amategeko ku ikipe ititabiriye umukino w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.

Ibyo birimo guterwa mpaga y’ibitego 3-0, guhagarikwa kwitabira amarushanwa Nyafurika mu gihe cy’imyaka ibiri no gucibwa amande angana na 5000$ (7.351.535 Frw).

Kugeza ubu RDC ifite stade ebyiri gusa zemewe na CAF, ari zo TP Mazembe Stadium na Frédéric Kibassa Maliba Stadium, zombi ziba i Lubumbashi.

Ikipe izarokoka ijonjora rya mbere hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura mu cyiciro gikurikiraho n’izaba yaratsinze hagati ya AS Port yo muri Djibouti na Zamalek SC yo mu Misiri.

CAF yatesheje agaciro ubujurire bwa APR FC ku cyemezo kiyitegeka gukinira muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages