Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ni bwo hamenyekanye iyi nkuru y’incamugongo ku bakinnyi n’abakunzi ba Volleyball mu Rwanda.
Byiringiro Patrick yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi. Yarembye nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri yo gukinira APR VC kuva mu mwaka w’imikino wa 2026/27.
Uyu mukinnyi wakinaga mu kibuga hagati muri Kepler VC yari sigaje igihe gito ku masezerano y’iyi kipe, ariko akaba yari ayimazemo imyaka itatu, ayifasha kugera ku ntego zitandukanye.
Kuva yayigeramo nta na rimwe iyi kipe itasoreje umwaka mu makipe ane meza muri Shampiyona y’u Rwanda ya Volleyball, ibyatumaga ikina imikino ya kamarampaka mu buryo buhoraho.
Yafatanyije n’iyi kipe inshuro ebyiri mu marushanwa y’amakipe yitwaye neza iwayo muri Afurika “African Men’s Volleyball Club Championship”, harimo n’iriheruka kubera mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!