Ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, ni bwo iyi shampiyona yashyize hanze uko amakipe yayo yitwaye ku isoko ry’abakinnyi muri uyu mwaka wa 2026 uri kugana ku musozo.
Yagaragaje ko ugendeye ku bakinnyi bashya baguzwe mu makipe 30 akina muri iyi shampiyona, amafaranga yashowe yiyongereyeho miliyoni 34$, agera kuri miliyoni 370$ avuye kuri miliyoni 336$ yo mu 2025.
Aya mafaranga kandi yikubye gatatu mu myaka itatu ishize, aho yari kuri miliyoni 172$ mu 2023 ubwo Lionel Messi yajyaga muri Inter Miami avuye muri Paris Saint-Germain.
Amakipe umunani ni yo yitabiriye isoko cyane. Ayo ni Red Bull New York, Philadelphia Union, Sporting Kansas City, D.C. United, Colorado Rapids, Inter Miami CF, St. Louis City SC na Toronto FC yaguze Josh Sargent kuri miliyoni 22$ ari na we wahenze.
Muri uyu mwaka, muri iyi shampiyona hinjiyemo abakinnyi 30 bakinnye amarushanwa y’Igikombe cy’Isi, harimo 20 bakinnye Igikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.
Abakinnyi b’abanyamahanga binjiye muri MLS muri rusange ni 186, baturuka mu bihugu 51. Abagera kuri 30 muri bo bavuye mu bihugu bya shampiyona eshanu zikomeye ku Isi, ari zo u Bwongereza, u Bufaransa, u Butaliyani, Espagne n’u Budage.
Iyi shampiyona yo yinjije miliyoni 218$ mu kugurisha abakinnyi, ibi bikaba ari ubwa mbere bibayeho mu mateka.
Abakinnyi bavuyemo bahenze ni Lucas Herrington werekeje muri Hull City kuri miliyoni 17$ avuye muri Colorado Rapids na Zavier Gozo wagiye muri Crystal Palace kuri miliyoni 15$ avuye muri Real Salt Lake.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!