Abahanzi bazaririmba muri ibi bitaramo ni Bushali, Bwiza, Kenny Sol, Kivumbi King, Dj Marnaud, Symphony Band na Ruti Joel uzaba ubigaragayemo ku nshuro ya mbere.
Ibi bitaramo bizabera mu mujyi wa Huye, Rubavu, Musanze n’i Kigali ku munsi wa nyuma w’isiganwa.
Ibi bitaramo bihuza amagare n’umuziki kuko abakunzi bayo iyo bamaze kuruhuka mu gihe cya nimugoroba baba bifuza ahantu bahurira bagasabana, bikaba andi mahirwe ku bafatanyabikorwa ba Tour du Rwanda kuko babasha kubona aho bongera gutangira ubutumwa bw’ibikorwa byabo.
Iri rushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare rigiye kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga rizatangira ku wa 22 Gashyantare kugeza ku wa 1 Werurwe 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!