00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera FC yanze gukina na Al Hilal muri Shampiyona

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 November 2025 saa 04:02
Yasuwe :

Ikipe ya Bugesera FC yamenyesheje Rwanda Premier League ko idashobora gukina umukino wa Shampiyona na Al Hilal SC ku wa Kane, kuko waje utunguranye.

Ku wa Kabiri, tariki ya 4 Ugushyingo 2025, ni bwo Al Hilal SC yo muri Sudani yatangaje ko izatangira gukina muri Shampiyona y’u Rwanda ku wa Kane, ihura na Bugesera FC.

Nyuma y’amasaha make, Bugesera FC yahise yandikira Rwanda Premier League iyimenyesha ko ititeguye gukina uwo mukino.

Iti “Dushingiye ku nkuru zishobora kuba ari ibihuha, tubandikiye tubamenyesha ko tutakina umukino utunguranye udasanzwe uri ku ngengabihe y’amarushanwa isanzwe mwatumenyesheje mbere, bityo umukino twiteguye ni uwa RPL uzaduhuza na Kiyovu Sports.”

Bugesera FC yari gukina na Al Hilal ku wa Kane, ikazakurikizaho kwakirwa na Kiyovu Sports ku Cyumweru mu mukino w’Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwari bwaganiriye n’ubwa Bugesera FC bubumenyesha ko iyi kipe izakina na Al Hilal SC ku wa Kane ndetse impande zombi zibyumvikanaho.

Bivugwa ko iki cyemezo cyakiriwe bitandukanye n’Umutoza wa Bugesera FC, Banamwana Camarade, wavuze ko atakina uwo mukino, bityo ubuyobozi buhitamo kwisubiraho.

Nubwo bimeze gutyo, kugeza ubu Rwanda Premier League ntiratangaza ingengabihe ivuguruye, irimo imikino y’amakipe ya Al Hilal SC na Al-Merrikh yo muri Sudani, ariko amakuru IGIHE yamenye ni uko ishobora gushyirwa ahagaragara kuri uyu wa Gatatu.

Bugesera FC yanze gukina na Al Hilal muri Shampiyona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages