00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brésil yabonye intsinzi ya mbere muri Copa América 2024

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 29 June 2024 saa 08:38
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ya Brésil yabonye intsinzi ya mbere muri Copa América 2024 nyuma kunyagira Paraguay ibitego 4-1 mu mukino wa kabiri mu Itsinda D.

Iyi kipe yagiye muri uyu mukino iri ku gitutu gikomeye nyuma yo kunganya na Costa Rica 0-0 mu mukino wa mbere.

Kuri iyi nshuro nta kosa yakoze kuko ku munota wa 35, Vinicius Junior yafunguye amazamu ku mupira mwiza yacomewe na Lucas Paquetá acenga umunyezamu atsinda igitego.

Iyi kipe yakomeje gukina neza, bidatinze Sávio Moreira uzwi nka Savinho yatsinze igitego cya kabiri ku makosa ya b’inyuma ba Paraguay.

Mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, Vinicius yatsinze igitego cya gatatu, aricyo cye cya kabiri muri uyu mukino.

Amakipe yombi akiva mu karuhuko, Paraguay yabonye impozamarira ku gitego cyiza cyane cyatsinzwe na Omar Alderete ku munota wa 48.

Muri iyi minota, Paraguay yasatiriye cyane ariko umunyezamu Alison Becker ayibera ibamba.

Mu minota 60, Brésil yongeye kuyobora umukino, ku munota wa 65, Vinicius yahariye Paquetá indi penaliti nyuma yo guhusha iya mbere ariko ntiyongera gukora ikosa ayitsinda neza cyane.

Umukino warangiye Brésil yatsinze Paraguay ibitego 4-1 yiyunga n’abafana bari bayishyize ku gitutu gikomeye nyuma yo kunganya umukino wa mbere.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda, Ikipe y’Igihugu ya Colombia imeze neza cyane yatsinze Costa Rica ibitego 3-0 ikomeza kuyobora itsinda n’amanota atandatu, ikurikiwe na Brésil ifite ane.

Umukino wa nyuma muri iri tsinda uzahuza Brésil na Colombia yamaze kubona itike ya ¼ mu rukerera rwo ku wa Gatatu, tariki 3 Nyakanga 2024.

Imikino ya nyuma y’amatsinda iratangira mu rukerera rwo ku Cyumweru, tariki 30 Kamena, Argentine ikina na Peru, mu gihe Canada izakina na Chile.

Brésil yiyunze n'abafana
Vinicius Junior yafashije Brésil gutsinda Paraguay
Lucas Paquetá yishimira igitego cya kane yatsinze kuri penaliti
Sávio Moreira uzwi nka Savinho uherutse kugurwa na Manchester City yishiimira igitego cya gatatu
Umunyezamu, Alison Becker yagoye Paraguay cyane
Colombia yageze muri 1/4
Luis Díaz yishimira igitego yatsinze muri bitatu Colombia yanyagiye Costa Rica
James Rodriguez na Luis Díaz ni bamwe mu bayoboye Colombia ikomeje kwitwara neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages