00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntekereza ko Igikombe cya Shampiyona ari kimwe- Shema uyobora FERWAFA

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 May 2026 saa 08:03
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe kizahabwa ikipe yegukanye BK Pro League n’iyo yaba iyo muri Sudani, mu gihe iyo mu Rwanda izahabwa miliyoni 80 Frw gusa.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2026, nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyateguwe na Kiyovu Sports.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Shema Fabrice yavuze ko hateganyijwe igikombe kimwe ku ikipe iyo ari yose nubwo mu Rwanda hakinira amakipe yo mu Rwanda n’ayo muri Sudani.

Ati “Igikombe cya shampiyona ni kimwe kuko ni utsinze shampiyona, ibyo turabyumvikanaho. Ariko mu byo twakoze bindi twanabwiye amakipe yo muri Sudani, ni igihembo cy’amafaranga. Ayo azahabwa ikipe yitwa ko ari iya mbere yo mu Rwanda, izahabwa miliyoni 80 Frw.”

“Mu buryo bwa CAF, kuko ari ikipe iba yasuye ntibivuze ko iyo kipe izaserukira u Rwanda. Ikipe izaserukira u Rwanda muri CAF Champions League ni izaba yabaye iya mbere mu zo mu Rwanda.”

Byari biteganyijwe ko Rwanda Premier League izatanga ibikombe bibiri mu gihe hagati ya Al Hilal SC na Al Merrikh SC zo muri Sudani, imwe muri zo yakwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ‘BK Pro League’.

Iyi shampiyona igeze ku munsi wa 31, aho Al Hilal SC ari yo iyoboye andi makipe n’amanota 70, ikarusha APR FC yo mu Rwanda ari na yo ya kabiri, amanota 11.

Amakipe yo mu Rwanda azahembwa kugeza ku ya munani. Iya kabiri ni miliyoni 60 Frw, iya gatatu miliyoni 40 Frw, iya kane miliyoni 30 Frw, iya gatanu miliyoni 25 Frw, iya gatandatu miliyoni 20 Frw, iya karindwi miliyoni 15 Frw, mu gihe iya munani izabona miliyoni 10 Frw.

Al Hilal SC na APR FC ni yo makipe ayoboye Shampiyona y'u Rwanda
Hazatangwa igikombe kimwe muri Shampiyona y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages