Ni umwaka wa mbere Bizimana ari gukina muri iyi kipe yo mu Cyiciro cya Mbere muri Ukraine ariko wamugendekeye neza cyane kuko uretse gushyirwa mu bakinnyi bagomba gutoranywamo umwiza w’imikino yo kwishyura, mu Ukuboza yari hahembwe nk’uwitwaye neza muri uko kwezi.
Ubwo yageraga mu Ikipe y’Igihugu ikomeje kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, uyu mukinnyi yavuze ko yagize umwaka wa mbere mwiza muri iyi kipe.
Yagize ati “Ni umwaka wambereye mwiza kuko nagiye muri Ukraine ari bimwe byo gusubira inyuma ngo usimbuke neza, ngize amahirwe nsanga ni ikipe ifite gahunda, twitwara neza tuba aba gatatu kuko hariya bahemba amakipe atatu.”
Kryvbas Kryvyi Rih yasoje ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Ukraine n’amanota 57.
Ibi byahesheje iyi kipe kuzakina imikino y’amajonjora ya UEFA Europa League irushanwa rya kabiri rikomeye ku Mugabane w’i Burayi.
Bizimana Djihad w’imyaka 27 yazamukiye muri Etincelles FC yakinnyemo kugeza mu 2014 mbere yo kujya muri Rayon Sports yamazemo umwaka umwe, ahita ajya muri APR FC yakiniye imyaka itatu mbere yo kujya i Burayi.
I Burayi Bizimana yakiniye amakipe yo mu Bubiligi arimo Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri KMSK Deinze yamazemo imyaka ibiri.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!