00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bigirimana Abeddy mu muryango winjira muri Police FC, Rayon Sports ntirakurayo amaso

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 28 July 2023 saa 03:41
Yasuwe :

Umurundi Bigirimana Abeddy ari mu biganiro bimwinjiza muri Police FC mu gihe na Rayon Sports yagaragaje ko imwifuza ikirekereje.

Uyu murundi w’imyaka 22 yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ku wa Kane, tariki 27 Nyakanga 2023 ategewe na Police FC.

Ubwo yahageraga yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, CIP Claudette Umutoni, bakomereza ku Biro Bikuru by’Ikipe ku Kacyiru, mu biganiro bigamije gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.

Amakuru agera ku IGIHE yemeza ko Ikipe y’Igipolisi yifuza kwishyura Abeddy miliyoni 22 Frw n’umushahara wa miliyoni 1.5 Frw mu gihe uyu murundi yifuza miliyoni 30 Frw.

Bigirimana usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu y’u Burundi "Intamba mu Rugamba" ari mu biganiro na Rayon Sports n’ubwo bikomeje kugenda biguru ntege.

Uyu mukinnyi yifuzaga miliyoni 25 Frw yari yaremeranyijwe na Rayon Sports mu gihe cy’imyaka ibiri.

Murera yifuza kumwishyura igice cya miliyoni 15 Frw, andi ikazayamwishyura bitarenze muri Mutarama 2024. Akazajya ahembwa miliyoni 1.5 Frw.

Ibi Abedy n’abarengera inyungu ze ntibabikozwa kuko bashaka kwishyurwa amafaranga yose.

Mu gihe Rayon Sports yakubahiriza ibyifuzo bya Bigirimana Abeddy, ibiganiro bishobora guhindura isura agasinyira Gikundiro izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup nyuma yo kwegukana Igikombe cy’Amahoro.

Urebye aho ibiganiro bigeze Police FC ni yo ihabwa amahirwe yo kwegukana Bigirimana kurusha Rayon Sports.

Bigirimana Abeddy wari umaze imyaka ibiri muri Kiyovu Sports yatandukanye na yo nyuma yo gusoza amasezerano mu mpera z’umwaka w’imikino ushize.

Police FC yemerewe gukinisha abanyamahanga nyuma y’imyaka icyenda yari imaze yifashisha Abanyarwanda gusa. Yamaze kugura Umurundi Rukundo Onesme yakuye muri Le Messager Ngozi n’Umunya-Nigeria, Aboubakar Djibrine Akuki, wakiniraga AS Kigali.

Police FC ifite amahirwe menshi yo gusinyisha Bigirimana Abeddy nubwo yabanje kuganira na Rayon Sports
Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, CIP Claudette Umutoni, yakiriye Bigirimana Abeddy, bagirana ibiganiro biganisha ku gusinyisha iyi kipe
Bigirimana Abeddy ari mu muryango winjira muri Police FC nyuma y'uko ibiganiro bye na Rayon Sports bigenda biguru ntege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages