Ni umwanzuro watangajwe n’Akanama ka CECAFA kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Kanama, nyuma y’inama ya Komite Nyobozi yayo yateraniye i Kigali ku wa 6 Kanama 2026.
CECAFA yavuze ko “Nyuma yo kugenda neza kw’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryasabye ko ryakwakira andi marushanwa abiri akurikira.”
“Ihagarariwe na Perezida, Paulos Weldehaimanot Andemariam, Inama ya Komite Nyobozi ya yahaye uburenganzira u Rwanda bwo kwakira irushanwa rya 2027 na 2028.”
Rayon Sports ni yo iheruka kwegukana Igikombe cya CECAFA Kagame Cup, nyuma yo gutsinda Gor Mahia ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro.
Iri rushanwa riterwa inkunga na Perezida Paul Kagame kuva mu 2002, ryaherukaga kubera mu Rwanda mu 2019.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!