Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée, aherutse gutangaza ko isigaje kugura abakinnyi batatu barimo na myugariro. Ukomeje kugarukwaho ni Bayisenge Emery wirinze kugira byinshi abivugaho.
Ubwo yari abajijwe na IGIHE kuri aya makuru, Bayisenge yagize ati “ Nta wamenya (aseka), njye ndi umukozi ahantu hose biba bishoboka.”
Bayisenge yanyuze mu makipe menshi nka APR FC, AS Kigali na Gasogi United aherukamo. Hanze y’u Rwanda yakiniye KAC de Kénitra yo muri Maroc, USM Alger na Gor Mahia yo muri Kenya.
Undi mukinnyi uvugwa muri Murera ni Ntarindwa Aimable wakiniraga Mukura, Harerimana Abdulaziz wasoje amasezerano muri Gasogi United na Bigirimana Abedi umaze igihe ategerejwe.
Muri iyi mpeshyi, Rayon Sports imaze kugura abakinnyi batandatu aribo Musore Prince, Rushema Chris, Tambwe Gloire, Mohamed Chelly, umunyezamu Drissa Kouyaté na rutahizamu Chadrak Bingi Bello.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!