Ni umukino wateye benshi guhangayikishwa no kubona igitego kuko byari gufasha Ikipe y’Umujyi wa Kigali kuzajyana impamba mu mukino wo kwishyura udakunze guhira amakipe yo mu Rwanda mu mikino mpuzamahanga cyane cyane iyo ahura n’ayo mu Barabu.
Abafana b’amakipe atandukanye yo mu cyiciro cya mbere bahuriye hamwe ngo bashyigikire AS Kigali yahataniraga ishema ry’igihugu ariko biranga biba iby’ubusa igitego kirabura.
Abayobozi mu myanya y’icyubahiro na bo bari bahagaritse umutima mu minota 90 y’umukino. AS Kigali yakomeje kurema uburyo bwinshi bwo gushaka ibitego ariko ntibwigeze bubyara umusaruro kugeza umukino urangiye amakipe yombi aguye miswi.
AS Kigali irasabwa kunganya yinjije igitego cyangwa gutsinda umukino wo kwishyura kugira ngo ikomeze mu ijonjora rya gatatu. Biteganyijwe ko umukino wo kwishyura uzabera muri Libya ku wa 16 Ukwakira 2022.
Muri uyu nkuru tugiye kugaruka kuri amwe mu mafoto yaranze umukino wa AS Kigali na Al Nasr warangiye nta kipe inyeganyeje inshundura ry’indi.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!