00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bank ya Kigali yinjiye mu mikoranire n’Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 June 2024 saa 11:19
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho muri ruhago ku Isi [Veteran Clubs World Championship-VCWC] bwasinyanye amasezerano y’umwaka na Banki ya Kigali agamije korohereza abakiriya bayo kuzakurikira iri rushanwa.

Iri rushanwa rya mbere rihuza abakanyujijeho muri ruhago ku isi riteganyijwe i Kigali tariki 1 kugeza 10 Nzeri 2024.

Mu gihe imyiteguro irimbanyije, ku wa Gatanu, tariki 31 Gicurasi 2024 ubuyobozi bwa VCWC n’ubwa BK byasinyanye amasezerano y’umwaka agamije gutera inkunga iri rushanwa.

Umuyobozi wa VCWC, Fred Seiwe yavuze ko bishimiye cyane gukora na Banki ya mbere mu Rwanda bityo bikazoroshya imikoranire n’abashoramari bashya.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kugirana imikoranire na banki ya mbere mu Rwanda. Benshi mu banyabigwi bamaze kugera inaha bakunze u Rwanda bifuza no kuhakorera ibikorwa bikomeye bityo rero bazakenera banki bakorana nayo ariyo BK twagiranye imikoranire uyu munsi.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko ubu bufatanye buzafasha abakiriya gukurikira iri rushanwa mu buryo bworoshye.

Ati “Turashaka ko abakiriya bacu bazabasha gukurira imikino mu buryo bworoshye kuko bazaba hariho igabanyarizwa. Ikindi imikino ni kimwe mu bikorwa by’ubucuruzi bityo rero tugomba kuba duhari kuko hari n’ibindi bikorwa biteganyijwe bijyanye na bwo.”

Yakomeje avuga ko iri rushanwa rizabafasha mu bukangurambaga bwa Nanjye ni BK.
Ati “Mu bukangurambaga bwacu bwa Nanjye ni BK turifuza kumbwira abanyarwanda kwisanga muri BK kandi imikino ni kimwe mu bihuza abantu benshi kandi b’ingeri zose. Turashaka ko abantu bahindura isura bayibonamo nka banki y’abacuruzi gusa kandi ari iy’abantu bose.”

Banki ya Kigali izaba igaragara ku myambaro y’amakipe abiri mu munani azakina ndetse no ku byapa ku kibuga no mu nama zitandukanye zizaherekeza iri rushanwa.

Si ibyo gusa kuko iyi banki izanagirana ibiganiro n’aba banyabigwi cyane ko benshi babaye abashoramari mu bintu bitandukanye bityo ibagaragariza amahirwe bafite mu gukorana nayo.

Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho muri Ruhago ni cyo gikorwa cya siporo cyagutse mu bihuza abatagikina kuko kizitabirwa n’abagera ku 150 bagabanyije mu makipe umunani.

Mu gihe cy’irushanwa kandi hateganyijwe inama eshanu zikomeye zizaba zigamije kwiga ku mahoro, uburezi, ishoramari n’ubucuruzi, ubuzima ndetse n’ubukerarugendo.

Abayobozi ku mpande zombi bashyira umukono ku masezerano
Banki ya Kigali yishimiye kwinjira muri ubu bufatanye
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko iri rushanwa rizafasha mu bukangurambaga bwa Nanjye ni BK
Umuyobozi wa VCWC, Fred Seiwe yavuze ko bishimiye cyane gukora na Banki ya mbere mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .