00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BAL yemeje ko RSSB Tigers BBC izahagararira u Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 23 March 2026 saa 04:53
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwemeje ko RSSB Tigers BBC ari yo kipe izahagararira u Rwanda muri uyu mwaka wa 2026, nyuma y’uko APR BBC yikuye mu irushanwa.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2026, ni bwo BAL yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo, yemeza ko iyi kipe ari yo izakina irushanwa nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa.

Yagize iti “Amakuru agezweho muri BAL Season 6, ni uko RSSB Tigers yo muri Shampiyona y’u Rwanda, ari yo izakina imikino yo mu Itsinda rya Kalahari Conference.”

Itsinda ryiswe Kalahari Conference rizatangira gukina tariki ya 27 Werurwe 2026 i Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Mu gihe iri rushanwa ritaratangira Umutoza mukuru ni Henry Mwinuka, azungirizwa na James Maye wavuye muri APR BBC na Kenneth Gasana.

Biteganyijwe ko RSSB Tigers BBC igomba no kugura abandi bakinnyi izifashisha muri iyi mikino yaba ab’imbere mu gihugu n’abazava ahandi.

Mu irushanwa riheruka, James Maye yafashije APR BBC kwegukana umwanya wa gatatu.

Amakipe umunani azitwara neza muri Kalahari na Sahara Conference, azabona itike yo kwitabira imikino ya nyuma izabera i Kigali, tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

BAL yemeje ko RSSB Tigers izahagararira u Rwanda muri BAL 2026
James Maye Jr watozaga APR BBC yongewe mu batoza ba Tigers muri BAL 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages