00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AZAM na Pyramid ni amakipe twubaha ariko akinika- Clément n’umutoza bahaye icyizere abafana

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 11 July 2024 saa 07:13
Yasuwe :

Umutoza w’ikipe ya APR FC Darko Nović ndetse na myugariro wayo Niyigena Clément babwiye abakunzi b’iyi kipe ko biteguye kwitwara neza mu mikino ya CAF Champions League n’ubwo inzira bazanyuramo irimo amakipe atoroshye.

Ibi aba bakaba babitangaje nyuma y’uko tombola ya CAF yerekanye ko APR FC izahura na AZAM yo muri Tanzania imaze iminsi yariyubatse, mu majonjora y’ibanze, mu gihe iramutse irenze iki cyiciro yahura n’izarokoka hagati ya Pyramids yo mu Misiri na JKU yo muri Zanzibar.

Avuga kuri iyi tombola, myugariro Clement Niyigena yatangaje ko badakwiye gutinya aya makipe yombi gusa ko bizasaba kwitegura.

Yagize ati: “AZAM na Pyramids ni amakipe akinika ni abakinnyi 11 kuri 11 ni nkatwe natwe ikipe zatwitegura. Imikino ya Champions League iba ikomeye, birasaba ko dushyiramo imbaraga kugira ngo tubone umusaruro mwiza.”

Umutoza wa APR FC Darko Nović we akaba yavuze ko ikipe ya AZAM ari ikipe yo kubahwa, gusa ko kuri ubu umutima uri ku mikino ya CECAFA Kagame Cup iri gukina.

Yagize ati: “Birumvikana tugomba kubaha amakipe yo muri Tanzania kuko nge nakinnye na AZAM na Simba hambere, aho AZAM iri ku rwego rwayo.”

“Ni ikipe twubaha ariko haracyari igihe ngo dukine nabo, tuzagira umwanya wo kuyitegura no kuyivugaho. Intego yacu kuri ubu ni CECAFA ni ukugerageza kugera ku ntego zatuzanye, ariko nyine AZAM turayubaha ni ikipe nkuru ariko tuzayitegura kandi tuzagerageza kuyikuraho umusaruro mwiza.”

APR FC iri kwitegura umukino wa kabiri wo mu matsinda ya CECAFA Kagame Cup igomba guhuriramo na Merreikh yo muri Sudani y’epfo saa Tatu za Dar es Salaam azaba ari saa Mbiri z’ijoro zo mu Rwanda.

Imikino ya CAF Champions League APR FC ikazayitangirira muri uyu mujyi ubwo izaba yakirwa na AZAM mu cyumweru cya tariki 16, 17 na 18 Kanama 2024.

Clement yijeje abafana ba APR FC ko ikipe izahatana bishoboka muri Champions League
Darko Nović yatangaje ko AZAM ari ikipe yo kubahwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages