Gor Mahia ikinamo Sibomana Abuba, Nizigiyimana Kharim na Kagere Meddie yagiye gukina umukino wa nyuma ishaka igikombe yaherukaga mu 1985 yatwaye itsinze mukeba AFC Leopards mu gihe hari hashize imyaka itatu kuri iki kibuga AZAM FC ihatsindiwe na Yanga ibitego 2-0.
Ku munota wa 16, ku mupira yaherejwe na Kipre Tchetche, kapiteni John Bocco yatsindiye AZAM FC igitego cya mbere ndetse ikomeza gusatira Gor Mahia.
Muri iyi minota ya mbere, Eric Ochieng yashoboraga kubona ikarita y’umutuku nyuma y’inkokora yateye Himid Mao.
Mu gice cya kabiri, AZAM FC yabonye amahirwe akomeye ubwo Kipre Tchetche yahanaga ikosa umupira uruhukira mu rucundura rwa Boniface Oluoch maze Gor Mahia itsindwa umukino wa mbere muri 24 iheruka gukina kuva umwaka w’imikino utangiye.
Mugiraneza Jean Baptiste yakinaga umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ebyiri muri APR FC, yatwaye iki gikombe bahabwa n’ibihumbi 30 by’amadorali naho Gor Mahia ihabwa ibihumbi 20 $.
Ni igikombe cya mbere cyo mu karere AZAM FC itwaye nyuma yo gushingwa mu 2007, yitabiriye CECAFA Kagame Cup gatatu. Mu 2015 igitwaye idatsinzwe igitego mu mikino itandatu yinjijeyo ibitego 11.
Mu mikino yose AZAM FC yakinnye abakinnyi bayo bahabwaga igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umukino, Serge Wawa Pascal yagitwaye gatatu abandi bagitwaye ni Salum Abubakar, Farid Mussa na Aishi Salum Manula.
Mu guhatanira umwanya wa gatatu, KCC yo muri Uganda yatsinze Khartoum N. ibitego 2-1. Michael Birungi na Muzamir Mutyaba batsindiye KCC naho impozamarira ya Khartoum yanyagiye APR FC ibitego 4-0 itsindwa na Ousmaila Baba.
Rutahizamu wa Gor Mahia Michael Olunga yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi 5 akurikirwa na Kipre Tchetche [Azam] na Osman Bilal [Khartoum] batsinze 4.
Myugariro w’Umunya Cote d’Ivoire, Serge Wawa Pascal ukinira AZAM FC yatowe nka myugariro mwiza n’umukinnyi w’irushanwa, umunyezamu aba Boniface Olouch (Gor Mahia). Serge yari muri El Merreikh yatwariye iki gikombe i Kigali batsinze APR FC.



















TANGA IGITEKEREZO