Uyu mutoza ukomoka muri Afurika y’Epfo, yari yerekeje iwabo mu biruhuko bya Noheli aho kuri gahunda yagombaga kugaruka kuri iki Cyumweru, agafasha iyi kipe kwitegura imikino ibiri isoza ibanza ya Shampiyona bafitanye na Police FC na Mukura VS.
Aho kugaruka yaje kwandika ibaruwa isezera iyi kipe, ayibwira ko atazagaruka mu Rwanda kubera ko umugore we arwaye bityo agiye kumwitaho amuri iruhande.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugabo ukomoka muri Afurika y’Epfo yari amaze iminsi atishimiye uburyo ikipe imufashe aho yanabwiye inshuti ze zo mu Rwanda ko iyi itamuha agaciro akwiye.
Guhera muri Kanama yari yasabye ubuyobozi bwa Rayon Sports ko bwamwongerera umushahara, gusa birangira akomeje gutegereza ko haboneka Komite Nyobozi na yo ije ntiyahita ibiha agaciro kanini.
Ibi ngo byanatijwe umurindi n’uko Umutoza Robertinho byavuzwe ko we atifuzaga ko ari we bakorana. Uyu munya-Brésil akaba ubwo yahabwaga akazi muri Rayon Sports yashatse guhita azana Hategekimana Corneille bari barakoranye muri Simba, ariko ubuyobozi bumubwira ko hari undi kandi ushoboye.
Ibi byose no kuba ataraganirijwe nyuma y’umukino wahuje iyi kipe na APR FC, ku bwe asanga yari akwiye guhabwamo agahimbazamusyi kisumbuye, biri mu byatumye yandika ibaruwa.
Uyu Mugabo Ayabonga Lebitsa ukomoka muri Afrika Yepfo ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi ba Rayon Sports.
Musabiye kongerererwa umushahara kuko abakinnyi ntibaruha!
Rayon yo mugice cya kabiri wagirango nibwo iba itangiye gukina match mugiye iyo bakina iba itangiye kuruha!!! pic.twitter.com/DZTIkF16SW
— Kazungu Claver (@claver_kaz71345) November 9, 2024
Umunya-Afurika y’Epfo Ayabonga Lebitsa ’Smash’ yageze muri Rayon Sports muri Nyakanga 2023 azanye n’abatoza bashya barangajwe imbere na Yamen Zelfani ’Alfani’.
Uyu wahoze ari umukinnyi, yatangiye ubutoza ari kumwe na Rulani Mokwena kuri ubu utoza Wydad AC gusa kuri ubwo hari muri Black Poison. Yaciye mu yandi makipe atandukanye arimo Afurika y’Epfo U 17, Bantu FC yo muri Lesotho na Tshakuma Tsha Madzivhandila y’iwabo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!