00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aston Villa irahagarariwe! Francesco Calvo na James Chester mu bazita amazina abana b’ingagi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 September 2026 saa 11:48
Yasuwe :

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri Aston Villa, Francesco Calvo, n’umunyabigwi wayo, James Chester, ni bamwe mu bazita amazina abana b’ingagi mu muhango wo Kwita Izina.

Ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nzeri 2026, ni bwo mu Kinigi ho mu Karere ka Musanze, hazabera umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 22. Ni umuhango ugiye kuba ku nshuro ya 21.

U Rwanda nk’igihugu gishyize imbere ubukerarugendo harimo n’ubushingiye ku mikino, rwatumiye bamwe mu ba-sportifs bazagira uruhare mu kwita amazina abana 22 b’ingagi.

Bamwe muri abo baturuka muri Aston Villa yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza, dore ko iyi kipe iheruka no kugirana amasezerano y’imikoranire n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

Kuri iyi nshuro mu Rwanda hazaba hari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri Aston Villa, Francesco Calvo, wavuze ko ubufatanye iyi kipe yagiranye na Visit Rwanda buzafasha ikipe kwagura izina ryayo muri Afurika no guteza imbere umupira w’amaguru.

Undi uzaba uhagarariye iyi kipe, ni James Grant Chester wakanyujijeho mu makipe yo mu Bwongereza, akaba yarakiniye na Aston Villa hagati ya 2016-2020.

Chester yatangiye gukina nk’uwabigize umwuga ahereye muri Manchester United mu 2007, ayikinira imikino mike mbere y’uko imutiza mu makipe ya Peterborough United, Plymouth Argyle na Carlisle United.

Iyi yayivuyemo ajya muri Hull City, nyuma y’imyaka ine ayivamo ajya muri West Bromwich Albion, ayimaramo umwaka umwe mbere y’uko ajya muri Aston Villa yakiniye imikino igera ku 120, anayibera kapiteni wayifashije kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere.

Mu mwaka wa nyuma wa 2020 yamutije muri Stoke City, ayivamo mu 2023 ajya muri Derby County. Ari gusoza gukina yakiniye Barrow na Salford City zo mu Cyiciro cya Kane mu Bwongereza.

Yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Pays de Galles, ayifasha mu mikino ya UEFA Euro 2026.

Usibye aba, mu Rwanda hari abandi ba-sportifs barimo Patrice Evra na Mamadou Sakho bakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa n’amakipe yo mu Bwongereza arimo Manchester United na Liverpool.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri Aston Villa, Francesco Calvo, ari mu bazita amazina abana b'ingagi
James Chester yakiniye Aston Villa n'Ikipe y'Igihugu ya Pays de Galles

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages