00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ASPOR FC yanganyije na Kamonyi FC mu mukino wabereye mu mazi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 23 February 2026 saa 11:01
Yasuwe :

Ikibuga cy’umupira w’amaguru cya Rugende cyongengeye kurikoroza nyuma y’aho cyuzuye amazi, abakinnyi ba ASPOR FC na Kamonyi FC bagakomeza gukiniramo nk’aho nta cyabaye.

Ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, ni bwo hakomeje imikino y’Umunsi wa 17 w’Icyiciro cya Kabiri, ari na bwo ASPOR yari yakiriye Kamonyi FC.

Ni umukino warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, ariko ikibazo cyasigaye cyibazwaho ni imiterere y’iki kibuga, bigaragara ko cyari cyuzuyemo amazi n’ibyondo, aho gutera umupira byari byabaye igorabahizi.

Abakinnyi b’amakipe yombi bari babaye nk’inyogaruzi bari gukinira mu mazi, bamwe imyenda yafashe ibara rimwe kubera icyondo cyuzuye ku myenda yabo.

Iki kibuga gikunze kuberaho imikino y’Icyiciro cya Kabiri cyangwa iy’Igikombe cy’Amahoro, si ubwa mbere bigaragaye ko kitari ku rwego rwo gukinirwaho, dore ko no mu 2024 cyahagaritswe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kugira ngo kibanze gitunganywe.

Iki kibuga giherereye i Rugende mu Karere ka Gasabo, kiri mu gishanga ku buryo iyo imvura iguye kirekamo amazi ku buryo bigoye gukinirwamo.

Iruhande rw’umurongo uzengurutse ikibuga hacukuye umuferege ugikikije ushobora gutemberamo amazi mu gihe yabaye menshi. Iyo abakinnyi basoje imyitozo cyangwa imikino ni naho bahanagurira inkweto zabo n’ibindi bikoresho mbere y’uko bataha.

Ikibuga cya Rugende cyarengewe n'amazi mu mukino wahuje ASPOR FC na Kamonyi FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages