00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aruba yegukanye igikombe cya FIFA Series mu Itsinda B ryakiniye i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 March 2026 saa 09:43
Yasuwe :

Aruba yanyagiye Liechtenstein ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series 2026 mu Itsinda B, ikora amateka yo kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere gikiniwe i Kigali.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium habereye imikino ya nyuma yo mu Itsinda B, ry’iyi mikino itegurwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA).

Umukino wari ukomeye kuri uyu munsi ni uwahuje Liechtenstein na Aruba kuko amakipe yombi yahataniraga igikombe cy’iri rushanwa riri kubera mu Rwanda bwa mbere.

Aruba yinjiye mu mukino mbere ndetse ibona n’igitego cya mbere ku munota wa 18 gitsinzwe na Jaybrien Romano, mugenzi we Gello Robertha shyiramo icya kabiri ku munota wa 25.

Mu gice cya kabiri Liechtenstein yagitangiye ishaka kwishyura, ndetse Emanuel Zund ayishyurira igitego cya mbere ku munota 53, bituma Aruba isubira inyuma ijya kugarira.

Ibi byatumye umukinnyi wo mu kibuga hagati wa Aruba, Ostiana Rovien, ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo, Uwikunda Samuel wari umusifuzi amwereka umutuku, asohoka hanze.

Gusa Aruba yari yigarurire abakunzi benshi muri Stade, yashyizemo igitego cya gatatu ku munota wa 69, kivuye ku ishoti rikomeye ryatewe na Rainey Breinburg wari hanze y’urubuga rw’amahina.

Igitego cya kane muri uyu mukino cyitsinzwe na myugariro wa Liechtenstein, Hofer Jens, wawushyize mu izamu ashaka kuwambura Conner van Kilsdonk wa Aruba wari wacenze n’umunyezamu.

Iki gitego ni cyo cya nyuma cyabonetse muri uyu mukino, biha intsinzi Aruba yo kwegukana iri rushanwa, ikora amateka yo kuritwarira mu Rwanda, aho rikiniwe bwa mbere.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Tanzania yanyagiye Macau ibitego 6-0. Byatsinzwe na Amancio wa Macau witsinze icya mbere ku munota wa 16, Bakari Mwamnyeto ashyiramo ikindi nyuma y’iminota 10.

Ku munota wa 45 Mudathir Yahya yashyizemo igitego cya gatatu, Paul Peter ashyiramo icya kane ku munota wa 56, Novatus Miroshi ashyiramo icya gatanu, naho Tarryn Allarakhia ashyiramo icy’agashinguracumu.

Indi mikino ya FIFA Series iteganyijwe ku wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro, aho Kenya izakina na Grenada, Saa Kumi (16:00) na Saa Moya n’Igice u Rwanda rukine na Estonia.

Abakinnyi 11 Tanzania yabanje mu kibuga
Abakinnyi ba Macau babanje mu kibuga
Macau yasoje umukino nta gitego na kimwe ibonye
Abraham Morice na Mmombwa Charles ba Tanzania bishimira igitego
Umunyezamu wa Macau yaterwaga amashoti ya buri kanya
Macau ni yo kipe yatsinzwe ibitego byinshi muri iri tsinda
Tanzania yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Macau
Abakinnyi ba Liechtenstein basimbuye bari kuririmba indirimbo y'igihugu
Abakinnyi ba Liechtenstein baririmba indirimbo yubahiriza igihugu cyabo
Liechtenstein yari yitwaye neza mu mukino ubanza
Abakinnyi ba Aruba baririmba indirimbo yubahiriza igihugu
Abakinnyi Liechtenstein yabanje mu kibuga
Abakinnyi ba Aruba basimbuye baririmba indirimbo yubahiriza igihugu
Uwikunda Samuel ni we wasifuye umukino wa Aruba na Liechtenstein
Abakinnyi Aruba yabanje mu kibuga
Fabio wa Liechtenstein na Bradley wa Aruba bari guhanganira umupira
Abakinnyi ba Aruba bishimira igitego
Bradley wa Aruba ari gusiga abakinnyi ba Liechtenstein
Umunyezamu wa Aruba, Lentink Matthew, ari gutera imbere
Ferhat wa Liechtenstein ari gutera mu izamu
Liechtenstein yinjiye mu mukino mu gice cya kabiri
Aruba yabonye abafana
Abakinnyi ba Aruba bari mu byishimo bidasanzwe nyuma yo gutsinda ibitego bine
Aruba yanyagiye Liechtenstein ifite n'umutuku
Uwikunda Samuel ni we wasifuye uyu mukino
Abakinnyi Liechtenstein bababajwe no gutsindirwa ku mukino wa nyuma
Imikino ya FIFA Series yabereye bwa mbere mu Rwanda
Ikipe ya mbere yahawe igikombe
Macau yabaye iya kane mu itsinda
Liechtenstein yatahanye umwanya wa kabiri mu Itsinda B
Tanzania yanyagiye Macau yabaye iya gatatu
Itsinda B ryakiniye kuri Kigali Pele Stadium
Aruba yegukanye Igikombe cya FIFA Series mu Itsinda B
Aruba ni yo ya mbre yakuye igikombe cya mbere mu Rwanda
Romano Jaybrien wa Aruba, watsinze ibitego bitatu, ni we wabaye umukinnyi mwiza w'irushanwa

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages