Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026, ni bwo Wenger yatangaje uruhande ahagazeho ku mushinga wa Fifa Forward Enterprise (FFE), wari ugamije kongera amikoro y’umupira w’amaguru.
Yavuze ko ajya kumenya uyu mwanzuro yawumviye mu itangazamakuru kuko atigeze awuganirizwho, nubwo ku ruhande rwe asanga ntacyo utwaye mu gihe uri mu nyungu za ruhago.
Ati “FIFA ikeneye gukorera mu mucyo n’ubushishozi. Hari ibyari bikwiriye mu bikorwa bya FIFA, ni ko mbitekereza. Ntabwo nashyizwe mu batekereje uriya mushinga, nawumenye mbyumvise mu itangazamakuru.”
“Ni yo mpmvu undi mwanzuro wo kuwukuraho wari ngombwa ndetse nta no kwirirwa tubitindaho. Mpagaze nshikamye nemeza ko FIFA ikwiriye gukora yigenga kugira ngo igaragaze ubushobozi bwawo, ubunyangamugayo n’ubushoshozi.”
Gianni Infantino aherutse kugaragaza ko hari gahunda y’uko uru rwego rw’umupira w’amaguru ku Isi yo gukusanya arenga miliyari 4,2$ binyuze mu kugurisha 20% by’imigabane y’ikigo gishya kizajya gicunga ibikorwa bya FIFA.
Ni umushinga watumye uyu mugabo aterwa imijugujugu na bmwe mu bo bafatanyije kuyobora, ndetse na benshi mu banyamuryango b’iri shyirahamwe by’umwihariko ibihugu by’i Burayi, birangira awuhagaritse.
Nyuma yaho ibihugu byinshi bitandukanye biri kumuvaho ndetse ibirimo Serbia, Suède na Pays de Galles bikavuga ko bitazamushyigikira mu matora ataha ya Perezida wa FIFA ateganyijwe muri Werurwe 2027.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!