00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yumvikanye na myugariro wa TP Mazembe

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 9 June 2026 saa 06:42
Yasuwe :

Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana na myugariro akaba na Kapiteni w’Ikipe ya TP Mazembe yo muri Congo, Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 akina hagati mu bwugarizi.

Amakuru yizewe IGIHE yamenye ni uko hashize igihe Madou Zon yarumvikanye na APR FC kuzayikinira mu myaka ibiri iri imbere.

Uyu Munya-Burkina Faso yari amaze imyaka itatu muri TP Mazembe yagezemo muri Nyakanga 2023 avuye muri AS Douanes y’iwabo mu gihe mbere yaho yakiniye Kassoum Ouédraogo Zico Académie.

Madou Zon asanzwe abanza mu kibuga ku ruhande rwa TP Mazembe, ndetse ni we wambara igitambaro cya kapiteni muri iyi kipe.

Yabaye umukinnyi wa gatatu bimenyekanye ko yamaze kumvikana na APR FC nyuma y’Umunya-Côte d’Ivoire Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve usatira izamu anyuze ibumoso n’umunyezamu Ernan Siluane wo muri Mozambique.

Ku mwanya aguzweho muri APR FC, Madou Zon ahasanze Niyigena Clément na Nshimiyimana Yunussu basoje amasezerano, Nduwayo Alexis na Ishimwe Abdoul.

Ni mu gihe yabisikanye n’Umunya-Sénégal Aliou Souané wasezerewe na APR FC nyuma yo gusoza amasezerano.

Madou Zon yamaze kumvikana na APR FC
Uyu Munya-Burkina Faso azakinira APR FC mu myaka ibiri iri imbere
Madou Zon wambaye igitambaro cya kapiteni, amaze imyaka itatu muri TP Mazembe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages