00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yongeye gutsinda AS Kigali nyuma y’imyaka itandatu (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 December 2024 saa 06:26
Yasuwe :

APR FC yatsinze AS Kigali igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 11 wa Shampiyona, ishyira iherezo ku myaka itandatu yari imaze itayitsinda.

Ni umukino wari witezwe cyane kuko AS Kigali yari yakubiwe gatanu agahimbazamusyi kagirwa ibihumbi 150 Frw, mu gihe Ikipe y’Ingabo yifuzaga gukuraho amateka mabi ifite kuri iyi kipe.

Uyu mukino watangiye ugenda gake amakipe yombi yigana, bityo uburyo bw’ibitego bukaba buke.

Mu minota 20, APR FC yatangiye gusatira inahusha uburyo bw’ibitego bwabonwaga na Mamadou Sy na Niyibizi Ramadhan.

Mu minota 35, AS Kigali na yo yatangiye kugera imbere y’izamu ryari ririnzwe na Pavel Ndzila ariko Emmanuel Okwi ntabyaze umusaruro amahirwe yabonaga.

Ku munota wa 40, Taddeo Lwanga yakoreye ikosa Okwi, umusifuzi Rulisa Patience atanga ‘coup franc’, ariko Nkubana Marc atera agapira gato ntikagira icyo kabyara.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Ikipe y’Ingabo yatangiranye impinduka igice cya kabiri, Ruboneka Jean Bosco na Johnson Chidiebere basimbura Mugiraneza Froduard na Niyibizi Ramadhan.

Muri iki gice, umukino waryoshye amakipe yombi atangira gusatirana ariko kureba mu izamu bikagorana.

Ku munota wa 63, Ruboneka yateye coup franc nziza umupira usanga Niyigena Clement akina n’umutwe atsinda igitego cya mbere cya APR FC.

AS Kigali yahise ikanguka itangira gusatira cyane. Ku munota wa 72, Ntirushwa Aime yateye coup franc nziza, umunyezamu Pavel umupira awukuramo.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana ashaka ibindi bitego ariko birabura. Umukino warangiye APR FC yatsinze AS Kigali igitego 1-0 yongera kuyibonaho intsinzi kuva mu 2018.

Ikipe y’Ingabo yafashe umwanya wa gatanu n’amanota 17 n’ibirarane bibiri, mu gihe AS Kigali iri ku wa kabiri n’amanota 20.

By’umwihariko, APR FC ntirinjizwa igitego muri iyi shampiyona, mu mikino umunani imaze gukina.

Undi mukino wabaye uyu munsi, Rutsiro FC yanganyije na Kiyovu Sports ubusa ku busa.

Umunsi wa 11 wa Shampiyona wasize Rayon Sports ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 26, ikurikiwe na AS Kigali ifite 20, Gorilla FC ifite 19 na Police FC ya kane ifite amanota 18.

Abakinnyi AS Kigali yabanje mu kibuga
Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga
Amakipe yombi asuhuzanya mbere y'umukino
Abasifuzi bayoboye umukino
Niyigena Clement atsinda igitego
Niyigena Clement yishimira igitego
Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego
Byari ibyishimo ku bakinnyi ba APR FC
Niyigena Clement yatsinze igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino
Umuyobozi w'Icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga akurikiye umukino
Maj Gen Vincent Nyakarundi ni umwe mu bakurikiye uyu mukino
Abafana ba APR FC bari mu bicu
Maj Gen Vincent Nyakarundi aganira na Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa
Niyigena Clement atsinda igitego
Ntirushwa Aime ahanganye na Mamadou Sy
Myugariro Alioum Souane azamukana umupira
Umunyezamu Pavel Ndzila akuramo umupira

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .