00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yateye gapapu Al Hilal SC isinyisha Alioune Souané kuri Miliyoni 85

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 24 June 2024 saa 01:43
Yasuwe :

APR FC yaguze myugariro w’Umunya-Sénégal, Alioune Souané wakiniraga ASC Jaraaf y’iwabo kuri miliyoni zisaga 85 Frw.

Amakuru avuga ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 yageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize mu rwego rwo gushyira umukono ku masezerano.

Uyu mukinnyi yifuzwaga bikomeye na Al Hilal yo muri Sudani ariko uyu mukinnyi akaba yahisemo Ikipe y’Ingabo kubera amasezerano meza yahawe.

Ikinyamakuru Record cyo muri Sénégal cyatangaje ko uyu myugariro yaguzwe ibihumbi 60 € ariyo asaga miliyoni 85 Frw. Azahembwa 5000 €, azahabwa inzu ndetse n’imodoka byo kwifashisha mu gihe ari mu Rwanda.

Uyu mukinnyi ni umwe mu beza bari muri Shampiyona ya Sénégal kuko yatowe nka myugariro wahize abandi. Uyu mukinnyi kandi yari mu Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yegukanye CHAN 2023.

Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira aherutse gutangariza IGIHE ko iyi kipe izagura abakinnyi batanu b’abanyamahanga ndetse aba mbere bazatangira kugera i Kigali muri iki cyumweru.

Alioune Souané yari umwe mu bakinnyi beza muri Shampiyona ya Sénégal
Sénégal yari mu Ikipe y'Igihugu ya Sénégal yegukanye CHAN 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages