00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yakuye mu bihano Mamadou Sy na Dauda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 31 October 2025 saa 12:42
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa APR FC bwahaye imbabazi abakinnyi babiri, Mamadou Sy na Dauda Yussif, nyuma y’ibyumweru bitatu bahagaritswe ndetse bari gukorwaho iperereza.

Aba bakinnyi bombi bari bahanwe n’ikipe nyuma yo gusohoka mu mwiherero nta ruhushya ubwo APR FC yiteguraga guhura na Pyramids FC i Cairo mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabaye mu ntangiriro z’uku kwezi.

Ikipe y’Ingabo yatangaje ko aba bakinnyi basabye imbabazi ndetse bemera amakosa bakoze. Mu gihe bari mu bihano bari bajyanwe gukorera imyitozo mu ikipe y’abato.

Aba bakinnyi bajyanye n’abandi mu Karere ka Rubavu aho iyi kipe izakirwa na Rutsiro FC ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Ugushyingo 2025 saa Cyenda kuri Stade Umuganda.

Kuri ubu APR FC iri ku mwanya wa kane muri Shampiyona n’amanota arindwi nyuma y’imikino itatu imaze gukina.

Dauda Yussif yavuye mu bihano
Rutahizamu Mamadou Sy yababariwe nyuma y'ibyumweru bitatu yari amaze mu bihano
APR FC izakirwa na Rutsiro FC ku wa Gatandatu
Myugariro Niyigena Clement ni umwe mu berekeje i Rubavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages