00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yahuye n’uruva gusenya muri RDC, biyisiga mu mibare myinshi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 6 September 2026 saa 05:50
Yasuwe :

APR FC yatsinzwe na Les Aigles du Congo igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, inabona ikarita itukura yeretswe Ronald Ssekiganda, ibituma izagira akazi gakomeye mu mukino wo kwishyura uzabera i Kigali.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026, ni bwo APR FC yavuye mu Rwanda ijya gukinira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuri Frédéric Kibassa Maliba Stadium iri i Lubumbashi.

Ni umukino wakinwe nta bafana bari muri stade. APR FC yagiye gukinira muri iki gihugu yanga kubera kwirinda icyorezo cya Ebola.

APR FC ntiyagize urugendo rwiza muri iki gihugu kuko ku munota wa 45 w’igice cya mbere, Sozé Zemanga wa Les Aigles du Congo yatsinze igitego rukumbi cyatumye iyi kipe yo mu Rwanda itakaza umukino.

Si ugutakaza umukino gusa kuko yanahombye umukinnyi itazifashisha mu mukino wo kwishyura, ari we Ronald Ssekiganda ukina mu kibuga hagati weretswe ikarita itukura umukino warangiye nyuma yo gushyamirana n’abasifuzi.

Nyuma yo gukina uyu mukino, abakinnyi n’abaherekeje APR FC bose, barahita bafata indege ibasubiza mu Rwanda, kwitegura umukino wo kwishyura uzabera i Kigali ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026 saa Cyenda muri Stade Amahoro.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu irasabwa kwishyura igitego yatsinzwe, ndetse ikirinda kwinjirizwa igitego iwayo kuko byatuma imibare yayo ikomera.

Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izakomeza hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti, mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira 2026.

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga
APR FC yatsindiwe muri RDC mu mukino ubanza w'ijonjora rya mbere rya CAF Champions League
APR FC yageze muri RDC ku munsi w'umukino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages