Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatangaje ko yasinyishije umukinnyi mushya uzongera imbaraga mu izamu ryayo.
Uyu mukinnyi wakiriwe na Col (Rtd) Vincent Mugisha, ni Ernan Siluane wakiniraga Black Bulls kuva muri Mutarama 2024, akaba yarayigezemo avuye muri UD Songo na yo yo mu Cyiciro cya Mbere muri Mozambique.
Yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Mozambique mu marushanwa atandukanye, dore ko amaze kuyihamagarwamo inshuro 24, harimo no gukina mu marushanwa abiri y’Igikombe cya Afurika aheruka.
Ernan w’imyaka 27, asanze APR FC iri kumwe n’abandi banyezamu batatu, ari bo Ishimwe Pierre ushobora kudakomezanya na yo, Hakizimana Adolphe na Ruhamyankiko Yvan.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, CAF Champions League n’andi y’imbere mu gihugu.
Usibye uyu mukinnyi wahawe amasezerano y’imyaka ibiri, abandi bakinnyi bane bashya baguzwe muri APR FC harimo Uwiyaremye Fidali, Rubuguza Jean Pierre, Amani Kouadiokan Michel Breygeneve na Ishimwe Christian.
Ni mu gihe yatandukanye na Aliou Souané, Mamadou Sy, Niyomugabo Claude, Mugisha Gilbert na Mahamadou Lamine Bah.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!