Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatangaje ko yasinyishije uyu mukinnyi mushya wagize umwaka mwiza wa 2025/26.
Nyuma y’uko APR FC inaniwe kumvikana n’abarimo Ruboneka wayifashaga mu kibuga hagati, yahisemo gushaka undi mukinnyi w’Umunyarwanda mu bitwaye neza umwaka ushize.
Umwe muri abo ni Rubuguza Jean Pierre ukina mu kibuga hagati washoboye gukina imikino 21 muri BK Pro League iheruka, ayitsindamo ibitego birindwi.
APR FC yagize iti “APR FC yishimiye kwakira Rubuguza Jean Pierre uvuye muri Gicumbi FC mu muryango w’Umukara n’Umweru. Intare nshya yiteguye kurwanira ikirango, ikanatanga byose mu kibuga.”
Uyu yabaye umukinnyi wa gatatu mushya utangajwe n’iyi kipe muri iyi mpeshyi, nyuma ya Ishimwe Christian ukina mu bwugarizi, hamwe na Amani Kouadiokan Michel Breygeneve.
Ni mu gihe abandi yatandukanye na bo barimo Aliou Souané, Mamadou Sy, Niyomugabo Claude, Mugisha Gilbert na Mahamadou Lamine Bah.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Champions League.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!