00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC na Al Hilal SC zihariye abakinnyi bazavamo umwiza w’umwaka

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 June 2026 saa 05:22
Yasuwe :

APR FC na Al Hilal SC zihariye abakinnyi mu bahataniye Igihembo cy’Umukinnyi w’Umwaka wa 2025/26 muri BK Pro League, mu bihembo bizatangwa tariki ya 11 Nyakanga 2026.

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo, rwatangaje abakinnyi 30 bitwaye neza bagomba kuzavamo umwiza wahize abandi, aho APR FC na Al Hilal SC zifitemo abakinnyi barindwi.

Muri rusange abo bakinnyi ni Ernest Luzolo, Emmanuel Flomo, Girumugisha Jean Claude, Adama Coulibali, Steven Ebuela, Elhadji Kane, Mustafa Karshoum ba Al Hilal SC.

APR FC ifite Djibril Ouattara, Byiringiro Jean Gilbert, Nshimiyimana Yunusu, William Togui, Ruboneka Bosco, Dauda Yussif na Niyomugabo Claude.

Indi kipe ifitemo abakinnyi benshi ni El Merreikh ifite Fenohasina Gilles Razafimaro, Daouda Ba, Idgris Babajide Fatokun na Daba Sogoba.

Abakinnyi batatu ba Rayon Sports ni Kwizera Olivier, Ndayishimiye Richard na Tambwe Gloire.

Abandi ni James Desire, Uwineza Rene na Uwiyaremye Fidali ba Kiyovu Sports, Gakwaya Leonard na Henry Msanga ba Police FC, Joseph Sackey wa Mukura, Mbonyumwami Taiba wa Marine FC, Ngono Herve wa Gasogi United na Dauda Baleri wa Bugesera FC.

Mu bindi bihembo bizatangwa ni umukinnyi muto wahize abandi, umutoza mwiza, umunyezamu mwiza n’igitego cyiza cy’umwaka.

Mu mwaka ushize w’imikino, myugariro wa APR FC, Niyigena Clement ni we watowe nk’umukinnyi mwiza w’umwaka.

Abakinnyi ba APR FC na Al Hilal SC biganje mu bazaamo uwahize abandi muri BK Pro League 2025/26
Niyigena Clement ni we wabaye umukinnyi mwiza mu mwaka ushize w'imikino
Abakinnyi 30 bahataniye igihembo cy'uwahize abandi muri Shampiyona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages