Ikipe ya APR FC, kuri gahunda, yagombaga gutangira imyitozo tariki ya 17 Kamena, gusa iza gukora imyitozo iminsi ibiri yitegura umukino w’Umuhuro mu Mahoro yahuriyemo na APR FC, ari na bwo yaje kwemeza ko imyitozo nyirizina iza gutangira tariki ya 20 Kamena.
Iyi yaje kubera i Shyorongi, ikaba yayobowe n’umutoza wungirije muri iyi kipe Thierry Hitimana, aho ngo ibyakozwe byose byari byatanzwe n’umutoza mukuru Darko Nović na we byitezwe ko mu minsi ibiri iri imbere ari we uzaba uyoboye imyitozo y’iyi kipe y’ingabo z’igihugu.
APR FC ikaba yakoze imyitozo ifite abakinnyi bashya baguzwe n’iyi kipe banemejwe kuri uyu wa kane, Byiringiro Gilbert, Dushimimana Olivier Muzungu, Tuyisenge Arsène na Mugiraneza Frodouard. Aha kandi Ruhamyankiko Ivan wari Umunyezamu wa Intare FC, wazamuwe mu ikipe nkuru na we yakoranye na bagenzi be.
Bitandukanye no mu cyumweru gishize, imyitozo yo kuri uyu munsi ikaba yagaragayemo abakinnyi b’abanyamahanga bari kumwe na yo umwaka ushize, umunyezamu Pavel Ndzila, Nshimirimana Ismael Pichou, Taddeo Lwanga, Victor Mbaoma na Sharif Aldin Shibboub.
Uyu wanyuma ariko akaba yakoze imyitozo iminota mike dore ko yahise azinga ibikapu yerekeza ku kibuga cy’indege i Kanombe, aho agiye kwerekeza mu gihugu cya Libya kumvikana n’ikipe yaho ya Al Hilal Tripoli kugirango abe yayikinira.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Sudani akaba yarasabye ubuyobozi bwa APR FC ko bwamureka akigendera nyuma yo kubona ikipe imuha amafaranga menshi ku yo yabonaga mu Rwanda, aho amakuru avuga ko ubuyobozi bwamwemereye ari yo mpamvu yanabanje gusezera abakinnyi.
Ikipe ya APR FC kuri ubu ikaba ifite abakinnyi 21 aho itegereje kongeramo abandi bagera ku munani mbere y’uko tariki ya 21 Nyakanga igera ari na bwo bazaba batanze urutonde rw’abakinnyi bazifashisha mu mikino ya CAF Champions League.
Amafoto: Remy Moses
Video: Confiance



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!