Ni bimwe mu bikubiye mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga za APR FC, kuri uyu Mbere, tariki ya wa 23 Gashyantare 2026, abugenera abakunzi b’iyi kipe.
Brig Gen Deo Rusanganwa yemeje ko ikibazo kiri mu ikipe ari ikigomba gukemuka bitagiye hanze, ndetse ntiyatangaza uwaba yaragize imyitwarire mibi.
Yagize ati “APR FC iramenyesha abakunzi bayo ko hari ikibazo cy’imyitwarire kireba umwe mu bakinnyi bayo kiri gukurikiranwa imbere mu ikipe. APR FC iharanira ubunyamwuga, imyitwarire myiza n’ubunyangamugayo ku rwego rwo hejuru.”
“Hafashwe ingamba zikwiye hakurikijwe amategeko n’indangagaciro by’ikipe. Iki kibazo kiri gukemurirwa mu buryo bw’imbere mu ikipe, kandi gifatanywe uburemere bukwiye. Amakuru arambuye azatangazwa igihe gikwiye.”
Nubwo hatatangajwe amazina y’umukinnyi witwaye nabi, bivugwako ari Umunye-Ghana, Daouda Yussif Seidu, ukina mu kibuga hagati wagaragaje imyitwarire idahwitse.
Uyu mukinnyi watangiye gukorera imyitozo mu ikipe y’abato ya APR FC ari yo Intare FC, si ubwa mbere agaragaweho n’imyitwarire idakwiye.
Mu Ukwakira 2025, yahagaritswe ukwezi bitewe n’imyitwarire mibi yagaragaje ubwo bari muri Misiri, mbere y’umukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabahuje na Pyramids FC. Icyo gihe yari kumwe na mugenzi we Mamadou Sy.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!