Aba ba-hacker binjiye muri iri koranabuhanga ryitwa ‘ATG’ bahindura imibare igaragaza ingano ya lisansi isigaye mu bigega ariko nta kindi bangije.
Byaje kugaragara ko iri koranabuhanga ryari kuri murandasi nta jambo banga (password) ryo kuririnda rifite, ibyoroheye aba ba-hacker kwinjira muri iri koranabuhanga.
Inzego zitandukanye zabwiye CNN ko kubona ababyihishe inyuma bigoye kuko nta kimenyetso na kimwe basize inyuma icyakora hacyekwa ko baba bafite aho bahurira na Iran kuko ariyo imenyerewe mu kugaba ibitero byibasira ububiko bwa Lisansi.
Biramutse byemejwe ko Iran hari uruhare ifite mu gutuma iri koranabuhanga rikora nabi byaba kimwe mu bigaragaza ko Iran yatangiye gushaka ubundi buryo igera kuri Amerika idakoresheje ibisasu na drone.
Iki kibazo kandi cyazamuye umwuka mubi muri Amerika dore ko abaturage binubira uburyo intambara ya Iran na Amerika yabagizeho ingaruka cyane cyane mu bijyanye n’ubukungu, ahanini byatewe n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Ntabwo byaba ari ubwa mbere imitwe itandukanye ishingiye kuri Iran yaba igerageje kwangiza imikorere y’ikoranabuhanga ritandukanye rya Amerika cyane cyane iricunga lisansi, amazi n’ibindi kuko mu 2023, aba-hacker bakoresheje ikoranabuhanga ricunga umuvuduko w’amazi batambutsamo ubutumwa bugaragaza ko badashyigikiye Israel.
Icyo gihe hari hashize igihe gito intambara ya Israel na Hamas itangiye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!