Iyi kipe yakiriye irushanwa yari ifite umukino mu biganza, itsinda ibitego bitatu nta cyo yinjijwe mbere y’uko igice cya mbere kirangira, bituma u Rwanda rujya mu kiruhuko rusabwa gukora byinshi kugira ngo rugaruke mu mukino.
Nyuma y’iminota 30 ya mbere amakipe yombi ahanganye, Faraji Kayanda yafunguye amazamu ku munota wa 30, aha Tanzania igitego cya mbere.
Tanzania yakomeje gusatira izamu ry’u Rwanda, itsinda igitego cya kabiri nyuma y’iminota irindwi, cyinjijwe na Djuma Abushiri.
U Rwanda rwagowe no guhagarika ubusatirizi bwa Tanzania, maze iyi kipe yongera kunyeganyeza inshundura mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira. Evastus Lukanima yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 41, bituma Tanzania iyobora umukino n’ibitego 3-0.
Ibitego bitatu Tanzania yatsinze mu gice cya mbere ni byo byagize uruhare rukomeye mu kugena uko umukino urangira.
Mu gice cya kabiri, iyi kipe yagenzuye umukino neza, ibasha kurinda ibitego byayo no kwegukana intsinzi y’ingenzi muri iri rushanwa ryo gushaka itike ku rwego rw’akarere.
Uyu musaruro wongereye amahirwe ya Tanzania yo gukomeza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje Imyaka 20.
Ku rundi ruhande, André Casa Mbungo n’Amavubi ye y’abato basabwa kwisuganya vuba mbere yo gukina umukino ukurikiraho bazahuramo na Ethiopia.
Abakinnyi bari babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwana ni Kabera Bonheur, Cyusa Fiston, Tuyishime Kennedy, Igiraneza David, Niyompano Pacifique, Mugisha Irène, Ndiungutse Assouman, Dushime Claude, Nshimiyimana Célestin, Uwineza René na Hagenimana Eric.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!