00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi U-20 yatangiye nabi muri CECAFA

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 September 2026 saa 10:18
Yasuwe :

Tanzania yitwaye neza mu gice cya mbere, itsinda u Rwanda ibitego 3-0 mu mukino ufungura amajonjora y’Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 20 yo mu Karere ka CECAFA, wabereye kuri Stade Uhuru i Dar es Salaam kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Nzeri.

Iyi kipe yakiriye irushanwa yari ifite umukino mu biganza, itsinda ibitego bitatu nta cyo yinjijwe mbere y’uko igice cya mbere kirangira, bituma u Rwanda rujya mu kiruhuko rusabwa gukora byinshi kugira ngo rugaruke mu mukino.

Nyuma y’iminota 30 ya mbere amakipe yombi ahanganye, Faraji Kayanda yafunguye amazamu ku munota wa 30, aha Tanzania igitego cya mbere.

Tanzania yakomeje gusatira izamu ry’u Rwanda, itsinda igitego cya kabiri nyuma y’iminota irindwi, cyinjijwe na Djuma Abushiri.

U Rwanda rwagowe no guhagarika ubusatirizi bwa Tanzania, maze iyi kipe yongera kunyeganyeza inshundura mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira. Evastus Lukanima yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 41, bituma Tanzania iyobora umukino n’ibitego 3-0.

Ibitego bitatu Tanzania yatsinze mu gice cya mbere ni byo byagize uruhare rukomeye mu kugena uko umukino urangira.

Mu gice cya kabiri, iyi kipe yagenzuye umukino neza, ibasha kurinda ibitego byayo no kwegukana intsinzi y’ingenzi muri iri rushanwa ryo gushaka itike ku rwego rw’akarere.

Uyu musaruro wongereye amahirwe ya Tanzania yo gukomeza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje Imyaka 20.

Ku rundi ruhande, André Casa Mbungo n’Amavubi ye y’abato basabwa kwisuganya vuba mbere yo gukina umukino ukurikiraho bazahuramo na Ethiopia.

Abakinnyi bari babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwana ni Kabera Bonheur, Cyusa Fiston, Tuyishime Kennedy, Igiraneza David, Niyompano Pacifique, Mugisha Irène, Ndiungutse Assouman, Dushime Claude, Nshimiyimana Célestin, Uwineza René na Hagenimana Eric.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages