Saa Sita n’iminota 20 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Werurwe 2023, ni bwo Amavubi yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, arangajwe imbere n’abarimo Umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri ya Siporo, Munyanziza Gervais na Visi Perezida wa FERWAFA, Habyarimana Marcel.
Ikipe y’Igihugu iheruka kunganyiriza n’iya Bénin igitego 1-1 i Cotonou mu mukino w’Umunsi wa Gatatu wo mu Itsinda L wabaye ku wa Gatatu, yategetswe n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) ko ari na ho igomba kwakirira umukino w’Umunsi wa Kane kuko i Huye nta hoteli iri ku rwego rwo gucumbikira Bénin ihari.
Gusa, iki cyemezo nticyakiriwe neza ku ruhande rw’u Rwanda dore ko cyaje habura iminsi itanu gusa ngo umukino wo kwishyura ube, ndetse Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry, uri mu bari gukurikirana iki kibazo kugira ngo CAF igifateho umwanzuro, ari mu bagiye kwakira Amavubi i Kanombe.
Ikipe y’Igihugu yahagurutse i Cotonou ku wa Kane saa Sita z’amanywa, yanyuze i Lomé muri Togo ndetse n’i Addis Ababa muri Ethiopia mbere yo kugera i Kigali.
Nyuma yo kugera mu Rwanda, Umutoza Carlos Alós Ferrer, yavuze ko yishimiye uburyo abakinnyi be bitwaye mu mikino ibiri bakinnye mu rugendo bavuyemo [harimo n’umukino wa gicuti bahuyemo na Ethiopia].
Ati “Ntabwo wakwishimira 100% utatsinze, ariko nishimiye uko ikipe yitwaye kuko ntitwatsinzwe ubwo twari 11 kuri 11. Inota ntabwo ari ribi, dukwiye kugerageza gukora ibyiza kurushaho mu mukino ukurikiyeho.”
Carlos Ferrer utarishimiye uburyo Amavubi yakuwe mu kibuga imyitozo ya nyuma itarangiye ndetse n’uburyo Umusifuzi Joshua Bondo yayoboyemo umukino wa Bénin, yavuze ko bo biteguye kwakira iki gihugu neza.
Abajijwe ku ho Amavubi azakirira umukino wa Bénin, uyu mutoza yongeye gushimangira ngo akazi ke ari ugutoza atari ukureba ibibazo bijyanye n’imiyoborere n’amategeko.
Abakinnyi b’Amavubi bahise berekeza mu Bugesera aho barara muri La Palisse Hotel. Ni mu gihe biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu bakorera imyitozo kuri Stade ya Kigali kuko batamanuka i Huye hataramenyekana umwanzuro wa CAF.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!