Hashize umwaka umwe Rayon Sports na Airtel bitangaje ku mugaragaro umushinga uhuriweho uzatuma iki kigo cy’itumanaho giha imodoka nini ya bisi izajya itwara abakinnyi.
Mu kiganiro Murenzi Abdallah yagiranye na SK FM, yavuze ko ingendo z’abakinnyi muri Rayon Sports itangwaho arenga miliyoni 7 Frw buri kwezi, yaba kujya mu myitozo cyangwa ku mikino.
Murenzi yagaragaje ko iyi bisi yari kuboneka mu ntangiriro za 2026, yatinze kubera birantega mu biganiro by’impande zombi, byatumaga habaho kugongana kw’abafatanyabikorwa.
Yagize ati “Hari ibiganiro twagiranye na Airtel ariko bigenda bisubikwa kubera impamvu nyinshi. Ibibazo twabayemo mu mateka, hari ibyagiye bikomeretsa abafatanyabikorwa. Niba umuntu mugiranye amasezerano, undi akavuga ati ibyo bintu runaka akora simbyemera, ukicara ukavuga uti ‘ese mfate nde ndeke nde?’”
“Uretse ko hari indi ntambwe twateye, ubu ntabwo tugitekereza kuba wa muntu umufatanyabikorwa ayobora uko ashaka. Turifuza kuba cya kigo umufatanyabikorwa yubaha nk’uwo bafatanyije, kuko akenshi hari ubwo yumva ari nk’umugiraneza. Umuntu akaza ati njye nintagira umuntu muri komite yanyu sinzabafasha.”
Murenzi wagize uruhare muri uyu mushinga wa bisi ubwo yari Umujyanama w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, yaciye amarenga ko nta kimenyetso babonye ko bisi yatumijwe.
Ati “Turifuza ko umuntu najya kuduha bisi atumva ko ari imfashanyo, ahubwo ari igikoresho. Uretse ko nutanayiduha dufite ubundi bushobozi bwo kuyibonera. Nta cyemezo twigeze tubona cyerekana ko yaguzwe. Ni ibiganiro twakomeje kuganira ariko dutegereje ko tubibonera ibimenyetso by’uko icyo kintu gihari.”
Ubu Rayon Sports yashatse umuvuno mushya wo kwibonera bisi, aho yagiranye ibiganiro na Rwanda Premier League ku mufatanyabikorwa wajya aha bisi amakipe, hanyuma akajya yishyura miliyoni 5 Frw buri kwezi.
Rayon Sports iheruka kugura bisi mu 2019, ariko mu 2020 yafatiriwe burundu kubera ko iyi kipe itari yarubahirije amasezerano yagiranye na Akagera Business Group, yo kwishyura mu byiciro miliyoni 100 Frw yari yaguzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!