00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amarushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 January 2024 saa 03:36
Yasuwe :

Amarushanwa yagombaga guhuriza hamwe abakina imikino itandukanye mu Rwanda ategurwa n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACoG) yasubitswe habura iminsi ine ngo ritangire.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Mutarama 2023, ni bwo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yandikiye Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba abumenyesha impinduka ku mikino.

Imikino ya EACoG 2024 yagombaga gutangira guhera tariki ya 2-10 Gashyantare 2024, ikabera mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clementine, yavuze ko aya marushanwa ahagaritswe ku mpamvu zitunguranye ndetse n’igihe cyo kuyasubukurira kizamenyeshwa nyuma.

Imikino yagombaga gukinwa harimo ruhago, Basketball, Volleyball, Iteramakofe, Bocce, Gusiganwa ku maguru no ku bafite ubumuga.

Ibihugu bitanu ni byo byagombaga kuzitabira iyi mikino yari igiye kuba ku nshuro ya kabiri aribyo Uganda, Tanzania, u Burundi, Sudan y’Epfo n’u Rwanda.

Ikipe y’Igihugu y’abagore muri Ruhago yari yaramaze kwitegura ndetse yaranahamagaye abakinnyi 20 bari kuzifashishwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages