00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe 16 yabonye uburenganzira bwo gukina BK Pro League

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 August 2026 saa 04:58
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryagaragaje ko amakipe yose uko ari 16 yahawe uburenganzira bwo gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (BK Pro League 2025/26).

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, ni bwo FERWAFA yatangaje ko yakoze isuzuma ry’amakipe yiyandikishije kuzakina Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka utaha wa 2026/27.

Amakipe 16 ni yo yiyandikishije, mu isuzuma ryakozwe hagati ya tariki ya 12 na 14 Kanama 2026, yagaragaje ko amakipe 14 ari yo yemerewe gukina BK Pro League nta bihano.

Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu yananiwe kugira amakipe muri Shampiyona y’u Rwanda y’Abato, yahawe uburenganzira bukurikiwe n’ibihano kuko atakurikije amabwiriza.

Kiyovu Sports na yo yahawe uburenganzira ariko n’ibihano, yasabye uburenganzira bwo gukina iri rushanwa nyamara hari amadeni ibereyemo bamwe mu bari abakozi bayo.

Amakipe yemerewe ni, Rayon Sports FC, Gasogi United, Musanze FC, Marines FC, Etoile de l’Est FC, AS Kigali, Police FC, Sunrise FC, Gicumbi FC, Mukura VS&L, Gorilla FC, Bugesera FC na Amagaju FC na APR FC.

Kuri aya makipe hiyongeraho na Al Merrikh na Al Hilal SC yo muri Sudani y’Epfo, yasabye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda.

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League), ruteganya ko umwaka w’imikino wa 2026/27 uzatangira tariki ya 4 Nzeri 2026, ukazasozwa ku wa 30 Gicurasi 2027.

Amakipe yose mu Cyiciro cya Mbere yemerewe gukina Shampiyona y'u Rwanda ya 2026/27

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages