Kuva muri Kanama 2025, muri iyi Shampiyona hashyizweho uburyo bwa “Football Video Support (FVS)” bukora nka VAR, buha buri mutoza gusaba gusuzuma icyemezo runaka inshuro ebyiri ku mukino.
Mu kwezi gushize, Ishyirahamwe ry’Abasifuzi babigize umwuga mu Bwongereza (PGMO) ryaretse amakipe yo mu byiciro byo hasi uburyo rikoramo.
EFL yagaragaje ko amakipe yateye utwatsi ibyo gukoresha ikoranabuhanga ryifashisha amashusho mu misifurire y’Icyiciro cya Kabiri mu Bwongereza (Championship).
Ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya ko umupira warenze umurongo w’izamu (Goal Line Technology) ryo rizakomeza gukoreshwa, ndetse hazakorwa isuzuma niba ryanakoreshwa mu Cyiciro cya Gatatu (League One), binatorerwe muri Kamena.
Mu mezi ya hafi, abatoza benshi bo muri Championship bari basabye ko hashyirwaho VAR.
Umutoza wa Norwich, Philippe Clement, yagize ati “Hari aho nkumbura VAR ngo ifate ibyemezo bikwiye”. Hari nyuma y’uko ikipe itewe penaliti ubwo yakinaga na Ipswich mu ntangiriro z’uku kwezi.
Muri Mutarama, uwahoze ari Umutoza wa Bristol City, Gerhard Struber, yavuze ko “hari ibimenyetso byinshi, amasuzuma menshi agaragaza ko ibyemezo bya VAR ari byeza ndetse bitabera.”
Gusa amakipe yagaragaje ko nta nyota atewe no gukoresha iryo koranabuhanga, atinya ko ryagabanya uburyohe abafana baba biteze ndetse bikajyana n’igiciro cyo kurikoresha.
VAR isanzwe ikoreshwa mu cyiciro cya kabiri muri Espagne, u Butaliyani n’u Budage. Yagombaga gutangira gukoreshwa muri Ligue 2 y’u Bufaransa ariko amateleviziyo byari gukorana agira ikibazo cy’ubushobozi birangira bipfuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!