00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe akina Igikombe cy’Isi ashobora kugera kuri 64

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 July 2026 saa 04:39
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yaciye amarenga ko amakipe y’ibihugu akina Igikombe cy’Isi ashobora kwiyongera akagera kuri 64 avuye kuri 48.

Irushanwa riri gukinwa ry’Igikombe cy’Isi cya 2026, riri kuba ari bwo bwa mbere ryagaragayemo amakipe y’ibihugu 48, avuye kuri 32 yari asanzwe aryitabira.

Mu kiganiro Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yagiranye n’ikinyamakuru Blue Sport cyo mu Busuwisi, yavuze ko byaba byiza habayeho uburyo butuma amakipe akina irushanwa yiyongera.

Ati “Ibi ni bimwe bimwe mu byo kwigaho nyuma y’iki Gikombe cy’Isi. Niba duteguye Igikombe cy’Isi, ni ngombwa ko tugitegurira Isi yose, kitabaye icy’u Burayi na Amerika y’Amajyepfo gusa, ahubwo mu nyungu z‘Isi yose. Buri gihugu cyemerewe kurota gukina Igikombe cy’Isi.”

“Mwarabibonye ko gushaka itike yo kurikina byari hejuru. Nitudaha amahirwe ibihugu bito kugira ngo bikine mu Gikombe cy’Isi, byose birabura inkunga ibifasha kuzamuka.”

Igikombe cy’Isi kiri gukinwa ku nshuro ya 23 mu mateka, kigeze muri ½, aho u Bufaransa buzakina na Espagne, hanyuma u Bwongereza bugahura na Argentine.

Irushanwa rizakurikiraho rizakinwa mu 2030, ribere mu bihugu bya Maroc, Espagne, Portugal, Argentine, Paraguay na Uruguay.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages