Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 5 Ukuboza 2024, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryakoze tombora y’uko amakipe azahatanira iri rushanwa ribaye ku nshuro ya mbere.
Inter Miami yabonye itike nk’ikipe yakiriye kuko iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni yo izakina umukino ufungura irushanwa, ikazahura n’imwe hagati ya Palmeiras, FC Porto, Al Ahly bisangiye Itsinda A.
Itsinda B ryo mu Gikombe cy’Isi rizaba rigizwe na Paris Saint-Germain, Atletico Madrid, Botafogo, Sounders FC. Itsinda C rigizwe na Bayern Munich, Auckland City, Boca Junior na SL Benfica.
Itsinda D rizaba ririmo CR Flamengo, Espérance Sportive de Tunis, Chelsea FC, Club León. Itsinda E rigizwe na CA River Plate, Urawa Red Diamonds, CF Monterrey na FC Internazionale Milano.
Amakipe ari mu Itsinda G ni Manchester City, Wydad AC, Al Ain FC na Juventus FC. Irindi Tsinda ari na ryo rya nyuma ni H ririmo Real Madrid, Al Hilal, Pachuca, na FC Salzburg.
Iri rushanwa rizaba rizahatanirwa n’amakipe y’ibigugu ku migabane itandukanye rizatangira tariki ya 15 Kamena kugeza 13 Nyakanga 2025.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!