00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Al Hilal SC yitegura MC Alger muri CAF Champions League yasabye inkunga Abanyarwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 November 2025 saa 02:57
Yasuwe :

Al Hilal SC yitegura gukina umukino wa mbere mu Itsinda C rya CAF Champions League uzayihuza na MC Alger yo muri Algeria, yasabye Abanyarwanda kuyiba inyuma bakuzura Stade Amahoro.

Ni ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, mbere y’umunsi umwe ngo uyu mukino ube, dore ko uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 21 Ugushyingo 2025.

Yifashishije ifoto ya Perezida Kagame, yasabye ko ubudasa Abanyarwanda bagaragaje ku ruhando mpuzamahanga bazongera kubugaragaza kuri uyu mukino.

Yagize iti “Uhereye igihe twagereye mu Rwanda, Abanyarwanda batwakiranye urugwiro nk’abavandimwe. Ni abaturage b’abanyabwenge, bafite ubuhanga, kandi bagaragaje ubudasa n’urugero rw’iterambere ku ruhando mpuzamahanga. Ibikwiriye kwigwa no kwandikwa mu bitabo by’amateka.”

“Ishusho nziza y’uyu muryango mwiza, tuyitegereje ku wa Gatanu nimugoroba yuzuza Stade Amahoro i Kigali, mudutera inkunga mu mukino uzahuza ikipe ya Al-Hilal na MC Alger.”

Al Hilal SC ni imwe mu makipe abiri yo muri Sudani yemerewe gukina muri Shampiyona y’u Rwanda ndetse ikanahakirira imikino mpuzamahanga.

Umukino wayo uzaba ari uwa mbere w’amatsinda ya CAF Champions League ubereye mu Rwanda mu mateka y’umupira w’amaguru.

Al Hilal SC iri kwitegura MC Alger

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages