00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Al Hilal SC yambuwe Igikombe cya Shampiyona muri Sudani

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 July 2026 saa 08:15
Yasuwe :

Ikipe ya Al Hilal SC yambuwe Igikombe cya Shampiyona yo muri Sudani ya 2025/26 gihabwa Al Merrikh SC, nyuma y’uko bigaragaye ko yakinishije umubare munini w’abanyamahanga mu mukino wa nyuma.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ku itariki ya 10 Nyakanga 2026, ni bwo aya makipe yombi yahuriye mu mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Sudani ya 2025/26.

Umukino w’aya makipe yombi akunze guhangana cyane muri icyo gihugu, warangiye Al Hilal SC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku gitego 1-0 cyinjijwe na Emmanuel Flomo.

Umukino urangiye Al Merrikh SC yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sudani (SFA), igaragaza ko iyi kipe yashyize mu kibuga abakinnyi umunani b’abanyamahanga, nyamara amategeko y’umupira w’amaguru muri icyo gihugu yemera abakinnyi batanu gusa.

Nyuma yo gusuzuma neza, Akanama Nkemurampaka muri SFA kemeje ko Al Hilal SC itsinzwe uwo mukino ku bitego 2-0, igatakaza amanota atatu yari yabonye kuri uwo mukino.

Ibi byatumye Al Merrikh igira amanota 21 ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona ya Sudani mu mikino ya kamarampaka, Al Hilal SC igira 18 ku mwanya wa kabiri ndetse ihita itakaza n’Igikombe cya Shampiyona.

Nubwo bimeze bityo, Al Hilal SC yavuze ko itemeranya n’uwo mwanzuro wafashwe n’urwego ivuga ko rutabifitiye ububasha, bityo ikaba igiye kwisunga izindi zisumbuyeho kugira ngo ihabwe ubutabera.

Al Merrikh SC itozwa na Darko Nović yujuje ibikombe 36 muri Shampiyona ya Sudani.

Al Hilal SC yambuwe Igikombe cya Shampiyona nyuma yo kudakurikiza amategeko ku mukino wayihuje na Al Merrikh SC
Al Merrikh yahawe Igikombe cya Shampiyona ya Sudani cyamburwa Al Hilal SC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages