00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Al Hilal SC izakina Shampiyona y’u Rwanda yageze i Kigali, yakirwa bidasanzwe (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 31 October 2025 saa 07:14
Yasuwe :

Al Hilal SC Omdurman iri mu makipe abiri yo muri Sudani azakina muri Shampiyona y’u Rwanda yageze i Kigali, yakirwa na Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla Musa na bamwe mu bafana.

Iyi kipe yageze ku kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe, mu rukerera rwo ku wa Gatanu, tariki ya 31 Ukwakira 2025.

Komiseri Ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), Niyitanga Desire, wari wagiye kwakira iyi kipe yavuze ko bitarenze tariki ya 5 Ugushyingo 2025 izaba yakinnye umukino wa mbere.

Yagize ati “Twaje kwakira iyi kipe kuko n’umushyitsi wacu kandi Abanyarwanda tuzwiho kwakira neza. Biteganyijwe ko imikino y’Umunsi wa Karindwi aya makipe azayikina ariko hagati ya tariki ya 4 n’iya 5 Ugushyingo izaba yakinnye umukino wa mbere.”

Umuyobozi wa Al Hilal SC, Yasir Hassan Ibrahim, yashimiye FERWAFA yemeye kubakira muri Shampiyona.

Ati “Turashimira uko batwakiriye ndetse no kwemera ubusabe bwacu bwo gukina Shampiyona y’u Rwanda. Turi mu matsinda ya CAF Champions League twizeye ko iyi shampiyona izaduha imyiteguro myiza.”

Biteganyijwe ko indi kipe yo muri Sudani ariyo Al-Merrikh izagera mu Rwanda ku wa Gatatu, tariki ya 5 Ugushyingo 2025.

Shampiyona y’u Rwanda ugeze ku Munsi wa Gatandatu bityo aya makipe azayikina nk’ibirarane kuko azahita akomereza aho igeze.

Abafana bitwaje ibyapa biha Al Hilal SC ikaze mu Rwanda
Uyu mufana yari yitwaje ibendera rya Sudani agiye kwakira ikipe y'iwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages