Amakipe yombi arahurira mu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League utangira Saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium, aho wigijwe imbere kuko iyi kipe yo muri Sudani igomba gusubira iwabo gukina imikino ya Shampiyona yaho.
Kuri uyu wa Gatatu, Rwanda Premier League yatangaje ko “mu gihe Al-Hilal yatsinda cyangwa ikanganya, irashyikirizwa igikombe cy’icyubahiro n’imidali nk’iyabaye iya mbere muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.”
Al-Hilal SC ifite amanota 70 ku mwanya wa mbere, irusha amanota 12 Al-Merrikh SC ya gatatu mu gihe zombi zisigaje imikino ine. Ni mu gihe APR FC ya kabiri ifite amanota 59 isigaje imikino itatu.
ANNOUNCEMENT pic.twitter.com/uChdk0U3G9
— BK Pro League (@bkproleague) May 13, 2026
Uru rwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ruheruka gutangaza ko muri uyu mwaka w’imikino hazatangwa ibikombe bibiri.
Uretse ikizahabwa Al-Hilal SC byitezwe ko iba iya mbere, hari n’icya “BK Pro League National Champions 2025/26” kizahabwa ikipe yahize izindi zo mu Rwanda, ndetse byitezwe ko izaba APR FC.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu irabura inota rimwe kugira ngo yizere kuzasoza imbere ya Rayon Sports irusha amanota umunani mu gihe zombi zisigaje imikino itatu.
Ku Cyumweru, APR FC izakira Rutsiro FC mu gihe Rayon Sports izaba yakinnye na Gorilla FC ku wa Gatanu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!