Ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup yaherukaga kubera i Kigali mu myaka irindwi ishize.
Rayon Sports yari mu makipe abiri yahagarariye u Rwanda mu irushanwa, yatanze ibyishimo ku bakunzi bayo nyuma yo gutsinda Gor Mahia ibitego 2-1 nyuma yo guhatana mu minota 120.
Kuva muri Stade Amahoro, imihanda ya Remera no mu bindi bice by’igihugu by’aho batabashije kugera ku kibuga, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe, dore ko ari irushanwa yaherukaga gutwara mu myaka 28 ishize.
Abakoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye na bo bagiye bagaragaza uko bishimiye intsinzi y’amateka ya Rayon Sports. Aha harimo zimwe mu nzego za leta, bamwe mu bayobozi bazo n’abandi.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wakurikiye umukino yashimangiye ko Rayon Sports yageze ku ntsinzi iyikwiye, ashimira byimazeyo Perezida Kagame ku buyobozi bwe bwiza bureba kure, ku mahoro n’umutekano bituma buri Munyarwanda yishyira akizana, ndetse no ku bwo kudahwema guteza imbere siporo.
Ati “Mwakoze cyane Gikundiro ku bwo gutwara Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, ni intsinzi mwaharaniye kandi mukwiye.”
“Turashimira kandi amakipe yose yitabiriye iri rushanwa, abafatanyabikorwa, abafana barenze bafite ‘vibes’ za yose, n’abandi bose bagize uruhare mu gutuma iri rushanwa rigenda neza. Dore ngo Umuganura turawusoza mu byishimo!”
🔵⚪️Congratulations Gikundiro kubwo gutwara igikombe cya #CECAFAKagameCup2026! 👏🏆 Ni intsinzi mwaharaniye kandi mukwiye @rayon_sports
Turashimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku buyobozi bwe bwiza bureba kure , ku mahoro n'umutekano bituma buri… https://t.co/bA2vocBwnC
— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) August 7, 2026
Prof. Shyaka Anastase uherutse wabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, yashimiye cyane Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026 itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ku mukino wa nyuma ibitego 2-1.
Abinyujije kuri X ye, Prof. Shyaka yagize ati “Ni uko Ni uko Gikundiro. Intsinzi yawe, iryoheje Umuganura. Komeza imihigo!”
Nuko Nuko #Gikundiro. Intsinzi yawe, iryoheje #Umuganura. Komeza imihigo!
— Anastase SHYAKA (@ashyaka) August 7, 2026
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique yashimangiye ko Rayon Sports yahesheje ishema Igihugu nyuma yo kwesa umuhugo wo kugumisha Igikombe cya CECAFA Kagame Cup mu Rwanda itsinze Gor Mahia ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma.
Yifashishije konti ye ya X, yagize ati “ "Oh Rayooon! Murakoze guha Abanyarwanda Umuganura, muduhesheje ishema twese mugumisha iki gikombe gifite izina twubaha hano iwacu. Mukomereze aho Rayon Sports! Guca ibyuma bizanye n’intsinzi ikomeye."
Oh Rayooon! Murakoze guha Abanyarwanda #umuganura
Muduhesheje ishema twese mugumisha iki gikombe gifite izina twubaha hano iwacu.
Congratulations to @rayon_sports! 👏🏾🏆
Champions of the #CECAFAKagameCup2026!Guca ibyuma bizanye n’intsinzi ikomeye. pic.twitter.com/37aaFnWjYj
— Dominique H (@Dominiquehab) August 7, 2026
Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg, Munyangaju Aurore Mimosa wanabaye Ministiri wa Siporo, yashimiye Rayon Sports, ati “Ubururu bwubahwe!! Mukomereze aho aba-Rayons. Umuganura mwiza.”
Ubururu Bwubahwe!! Congs Aba Rayon 💙🤍 #CECAFAKagameCup2026 Final. Umuganura mwiza! https://t.co/OiZzCyYwZi
— Aurore Mimosa Munyangaju (@AuroreMimosa) August 7, 2026
Bruce Melodie yashimiye ikipe ya Rayon Sports ati “ Rayon Sports mwishyuke! Igikombe cya CECAFA Kagame Cup kigumye mu rugo, mbega urugendo. Mwari mubikwiye gikundiro.”
CHAMPIONS🏆
Congratulations, Rayon Sports🤍💙
The CECAFA Kagame Cup 2026 trophy stays home!
What a campaign, what a moment
Well deserved, Gikundiro 🏆👏#CECAFAKagameCup2026 pic.twitter.com/q7DdjS9JWg
— Bruce Melodie (@BruceMelodie) August 7, 2026
Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède, Dr. Diane Gashumba akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, yashimiye iyi kipe mu butumwa bugira buti “Oooh Rayoooo! Ni uko ni uko Gikundiro! Ni uko Saro ry’ u Rwanda! Muratunejeje! Ishema ku gihugu cyacu! Mbega kuba kure yanyu! Mu Majyaruguru y’Uburayi twari twafashe iry’iburyo none musohoje ubutumwa Rayon Sports.”
Oooh Rayoooo!
Nuko nuko #Gikundiro! Nuko Saro ry’ u Rwanda!
Muratunejeje! Ishema ku gihugu cyacu!
Mbega kuba kure yanyu! Mu Majyaruguru y’Uburayi twari twafashe iry’iburyo none musohoje ubutumwa💙💙💙@rayon_sports #CECAFAKagameCup2026 pic.twitter.com/FGuw6PKPgb— Dr Diane GASHUMBA (@DianeGashumba) August 7, 2026
Ministiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, yashimiye byimazeyo ikipe ya Rayon Sports yegukanye Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ku mukino wa nyuma ashimangira ko ari ishema ku Rwanda.
Yifashishije konti ye ya X yagize ati “Mwakoze cyane, Rayon Sports! Mukomereze aho mwateye ishema u Rwanda.”
Well done, @rayon_sports! 🇷🇼🏆
Congratulations, CHAMPIONS!
You made Rwanda proud. Gikundiro 💙🤍 #RayonSports #CECAFAKagameCup https://t.co/hK6NLTIuBw
— Dr Sabin Nsanzimana (@nsanzimanasabin) August 7, 2026
Oh Rayon! 🫶🏾
— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) August 7, 2026
https://t.co/0SawcZ0pND pic.twitter.com/tTfrX5S3nC
— Rwego NGARAMBE (@NgarambeRwego) August 7, 2026
https://t.co/0SawcZ0pND pic.twitter.com/tTfrX5S3nC
— Rwego NGARAMBE (@NgarambeRwego) August 7, 2026
Oh Rayooon🔵⚪️👊🏾💪🏾! https://t.co/sk5bhtYv5i
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) August 7, 2026
Congratulations to @rayon_sports! 👏🏾🏆
Champions of the #CECAFAKagameCup2026! Your determination, resilience, and hard work have truly paid off.Well deserved, Gikundiro!⚪️🔵#RwandaSports https://t.co/2wwNUYNq9O pic.twitter.com/MlkkIFhNUf
— Ministry of Sports | Rwanda (@Rwanda_Sports) August 7, 2026
Nuko Nuko Rayon 👏👏👏 https://t.co/dxxzamko44 pic.twitter.com/aigaQ6FPo9
— Jean Pierre Karabaranga (@JPKarabaranga) August 7, 2026
Uku niko ikipe yakiriwe ku imihanda n’ Abanyarwanda 🇷🇼😎🔵⚪️ 💙Muramuke 👋🏾👋🏾 https://t.co/yPTyYXluom pic.twitter.com/9bwtjg9oWS
— JULIUS MUGABO (@mugabojulius1) August 7, 2026
Indi nkuru wasoma: Rayon Sports yanditse amateka yegukana CECAFA Kagame Cup 2026 (Amafoto & Video)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!